Umushinga wo kohereza abimukira mu Rwanda ukomeje korana
Abadepite bo mu Bwongereza batoye banga impinduka zakozwe n'abasenateri ku mushinga w'itegeko ugamije kohereza mu Rwanda abasaba ubuhungiro mu Bwongereza.
Amavugurura yose 10 yari yakozwe n'abasenateri yanzwe, harimo n'ayemerera inkiko kugira ibibazo zibaza ku gutekana kw'u Rwanda. Leta y'Ubwongereza ishimangira ko u Rwanda rutekanye.
Mbere, Urukiko rw'Ikirenga rw'Ubwongereza rwanzuye ko iyo gahunda inyuranyije n'amategeko, rushingiye ku kuba ishobora gutuma habaho guhonyora uburenganzira bwa muntu.
Ishyaka Labour, rya mbere rikomeye mu mashyaka atavuga rumwe n'ubutegetsi mu Bwongereza, ryavuze ko ikiguzi cyo kohereza mu Rwanda umuntu umwe kizatwara amafaranga angana n'ayo kohereza abantu batandatu mu isanzure.
Uwo mushinga w'itegeko ugamije gutuma Ubwongereza bushobora kohereza mu Rwanda abasaba ubuhungiro bubinyujije mu gutangaza ko u Rwanda ari ahantu hatekanye.
Michael Tomlinson, umunyamabanga muri minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu y'Ubwongereza, yabwiye abadepite ku wa mbere ko uwo mushinga w'itegeko, uzwi nka 'Safety of Rwanda migration) Bill', ari "ikintu cy'ingenzi cyane" cyo kurinda imipaka y'Ubwongereza.
Yavuze ko uwo mushinga w'itegeko utanyuranyije n'inshingano za leta y'Ubwongereza zo ku rwego mpuzamahanga.
Tomlinson yananenze "inzitizi zikozwe kuri gahunda zo mu rwego rw'amategeko" yavuze ko zakomeje "kubangamira no gutinza" kohereza mu Rwanda abasaba ubuhingiro.
Mbere yaho muri uku kwezi, abasenateri batsinze leta inshuro 10 kuri uwo mushinga w'itegeko, batora bawushyiramo kudohora.
Depite Stephen Kinnock wo mu ishyaka Labour yashyigikiye impinduka zose zakozwe n'abasenateri kuri uwo mushinga w'itegeko, avuga ko abasenateri bari barimo kuzuza "inshingano yabo yo gukunda igihugu" mu gusuzuma imishinga y'amategeko.
Uwo munyabanga wa leta ukurikiranira hafi ibikorwa bya minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu yavuze ko leta igomba "kwita bikwiye" ku cyemezo cy'urukiko, anavuga ko abadepite bo mu ishyaka rya Conservative, riri ku butegetsi, barimo gusunika "itegeko ridafite ishingiro" kugira ngo ryemerwe, kandi ko barimo "mu by'ukuri gutuma inzego zacu zihinduka urw'amenyo".
Mu rukurikirane rw'amatora, abadepite banze impinduka zose z'abasenateri, ku bwiganze bw'amajwi agera hafi kuri 70, ibi bivuze ko uwo mushinga w'itegeko uzasubizwa muri sena uri mu nyandiko yawo y'ibanze (utarimo za mpinduka abasenateri bari bashyizemo).
Ku wa gatatu, abasenateri bazafata icyemezo niba bagerageza kongera kudohora uwo mushinga w'itegeko, mbere yuko inteko ishingamategeko ijya mu kiruhuko cya Pasika.
Ibiro bya minisitiri w'intebe w'Ubwongereza, bizwi nka Downing Street, byavuze ko bicyemera ko hari igihe cyo gutangira kohereza mu Rwanda abasaba ubuhungiro mbere ya Kamena uyu mwaka.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show