English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ukraine Ikwiye kwemera ko itazigera yigarurira ubutaka bwose yambuwe n’u Burusiya - Amerika

Mu gihe intambara ihanganishije Ukraine n’u Burusiya imaze imyaka itatu, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, yatangaje ko bishobora kutazashoboka ko Ukraine yigarurira ubutaka bwose yambuwe n’u Burusiya.

Rubio ari mu itsinda ry’intumwa za Amerika ziri muri Arabia Saoudite, aho hateraniye ibiganiro bigamije gushaka umuti w’iyi ntambara. Mu magambo ye, yatangaje ko Ukraine ikwiye gucisha make igakomeza inzira y’ibiganiro aho gukomeza kwiringira gutsinda mu buryo bwa gisirikare.

Rubio yagize ati "Mu by’ukuri, bizaba bigoye kuba Ukraine yashyiraho igihe cyo kwirukana Abarusiya ku butaka bwayo bigaruriye, ikongera kugira ubuso nk'ubwo yari ifite mu 2014.’’

Ibi bije mu gihe Ukraine yakomeje gusaba inkunga y’ibihugu byo mu Burengerazuba kugira ngo yisubize ubutaka bwayo, bugera kuri 20% bwafashwe n’u Burusiya. Ariko, Amerika yahagaritse inkunga y’intwaro n’amakuru y’ubutasi yahaga Ukraine, bikaba bishobora gutuma umugambi wa Kyiv wo kwigarurira ibyo bice ukomwa mu nkokora.

Nubwo Perezida Volodymyr Zelensky atigeze na rimwe yemeza ko yarekura ubutaka bwa Ukraine, amahitamo ashobora kuba make mu gihe inkunga yakomeje gukendera. Ibihugu bikomeye nk’Amerika bikomeje kwerekana ko ibiganiro ari byo byonyine byatanga umuti urambye, mu gihe u Burusiya bukomeje kugaba ibitero bishimangira ko budateze kuva mu bice bwigaruriye.

Ese ibi bivuze ko Ukraine igomba kwemera ko yatakaje burundu ibice byafashwe n’u Burusiya? Ibiganiro biri kubera muri Arabia Saoudite bishobora gutanga icyerekezo ku hazaza h’iyi ntambara.



Izindi nkuru wasoma

Kera kabaye Angola igiye kuyobora ibiganiro bya mbere hagati ya Leta ya DRC n’umutwe wa M23

Ukraine Ikwiye kwemera ko itazigera yigarurira ubutaka bwose yambuwe n’u Burusiya - Amerika

SADC yizeje DRC inkunga ikomeye mu guhangana n’Umutwe wa M23

Kwinjira muri NATO kwa Ukraine byaba ari ikosa rikomeye - Uwayoboye Komisiyo ya EU

Ubwongereza n’Ubufaransa bayoboye ibihugu 20 mu mugambi wo guhangana n’Uburusiya



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-03-11 10:49:30 CAT
Yasuwe: 31


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Ukraine-Ikwiye-kwemera-ko-itazigera-yigarurira-ubutaka-bwose-yambuwe-nu-Burusiya--Amerika.php