Kwinjira muri NATO kwa Ukraine byaba ari ikosa rikomeye - Uwayoboye Komisiyo ya EU
Jean-Claude Juncker, wahoze ari Perezida wa Komisiyo y’u Burayi, yatangaje ko Ukraine idakwiye kwinjira muri NATO kuri ubu kubera impungenge zijyanye n’umutekano, aho yavuze ko ibi byashobora guteza intambara nyir'izina hagati y’u Burayi n’Uburusiya. Yagize ati, kwinjira kwa Ukraine muri NATO bishobora gukurura ingingo ya 5, aho umunyamuryango wa NATO ahabwa inkunga igihe yatewe, ndetse bikaba byateza impagarara hagati ya NATO n’Uburusiya.
Juncker, wigeze no kuba Minisitiri w’Intebe wa Luxembourg, yavuze ko igihe Ukraine ikigabwaho ibitero, idashobora kuba umunyamuryango wa NATO, kuko itaba yujuje ibisabwa byo kuba mu muryango w’amahoro. Ibi yabivuze mu kiganiro yagiranye na The Europe Conversation, aho yashimangiye ko iyi gahunda yahuriza hamwe impande ebyiri zishobora gukurura intambara.
Juncker kandi yagarutse ku myifatire ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ubwo yishimiraga kuba mu nzira imwe n’Uburusiya, ibintu atatunguwe na byo, kuko byagaragaye ko Amerika ikorana na Kremlin kurusha ibihugu by’Uburayi.
Mu kiganiro cye, Juncker yerekanye impungenge zikomeye kuri politike yo kwinjiza Ukraine muri NATO, avuga ko ibi bishobora gufata indi ntera mu gihe Ukraine ikomeje kuba mu ntambara n’Uburusiya. Ibi byaba biturutse ku kubura guhuza gahunda za politiki n’umutekano mu buryo bw’umutekano w’abanyamuryango ba NATO.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show