English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Uko umwanda wo mu misarane w’Ikigo cy’Ishuri waturitse ugasenyera abaturage

Abaturage bo muri Nyarucyamu II, mu Murenge wa Nyamabuye mu Mujyi wa Muhanga, Akarere ka Muhanga, baratabaza nyuma y’uko imyanda iva mu myobo y’imisarani (Fosse Septique) y’Ishuri Ryisumbuye rya Gahogo Adivantisite Academy isandariye mu ngo zabo ikabasenyera.

Bivugwa ko imyanda yasandaye kubera imvura nyinshi yaguye i Muhanga ahagana saa tatu z’ijoro, amazi yayo akaba ari na yo yongereye imbaraga iyo myanda yasenye ibipangu bibiri, ikiraro cy’amatungo magufi n’ubwiherero by’abaturage.

Umwe muri abo baturage witwa Fundi Joseph wasenyewe n’uyu mwanda, avuga ko ubuyobozi bukwiye kubatabara, kuko ubu bari no mu munuko ukabije nubwo bari basanzwe bawumva mu buryo bw’umunuko.

Ati: “Imvura yaguye umwanda uturuka mu misarane y’ikigo uramanuka uraza nkuko ubibona uradusenyera. Muri make dukeneye ko ubuyobozi budutabara cyane cyane bugakangurira ikigo duturanye gukemura iki kibazo mu buryo burambye.”

Mugenzi we witwa Niyitegeka Madeleine avuga ko umwanda uvanze n’amazi byamanutse bisenya urugo rwe rwose, bigakomeza bikagera nko muri metero 30 ari na ho byahagaze bivuye mu kigo cy’ishuri.

Ati: “Umwanda wo mu misarane y’iki kigo duturanye wamanutse uri kumwe n’isuri y’imvura none dore urugo rwasenyutse, ubwiherero bwacu hamwe n’ikiraro na byo birasenyuka. Muri make ubuyobozi nibudutabare budufashe kumvisha iki kigo gukemura ikibazo mu buryo burambye kuko n’ubundi hari igihe byajyaga bimanuka ariko bitangana gutya.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye Nshimiyimana Jean Claude, yihanganishije abo baturage bahuye n’ibiza, avuga ko bagiye gusura aho byabereye maze bakabona uko basaba ubuyobozi gukemura icyo kibazo mu buryo burambye.

Ati: “Icyo tugiye gukora cya mbere ni ugusura abaturage tukareba ikibazo bagize uko giteye noneho turaza no kuvugana n’ubuyobozi bwa kiriya kigo tubusabe kwita kuri iki kibazo cy’abaturage, ubundi banakemure ikibazo cy’iyo misarane mu buryo burambye.”

Imvaho Nshya  yagerageje kuvugisha ubuyobozi bw’Ishuri rya Gahogo Adventist Academy ntibwabasha guhita bugira icyo butangaza, aho Umuyobozi yavuze ko agihuze avugana n’itangazamakuru ahugutse.

Ubuyobozi bw’iri shuri kandi burasabwa kutita ku kibazo cy’imisarane gusa ahubwo bukanubaka uburyo bwo gufata amazi y’imvura buhamye cyane ko ari na yo agira imbaraga iyo ahuriye hamwe avuye ku bisenge by’inyubako.

Abaturage bavuga ko kuba hataraboneka igisubizo kirambye cyo gufata amazi ava ku nyubako z’iri shuri, bishobora kuzateza ibindi biza muri ibi bihe by’imvura ishobora no kugwa abantu basinziriye.



Izindi nkuru wasoma

Ingabo na Polisi mu murongo w’iterambere: Icyo ibikorwa bizamara amezi 3 bizafasha abaturage

Uko umwanda wo mu misarane w’Ikigo cy’Ishuri waturitse ugasenyera abaturage

Ngoma: Imisanzu ya ‘Ejo Heza’ yaburiwe irengero? Abaturage batagira ingano barasaba ibisobanuro.

Gihitanye abaturage benshi: M23 yamaganye igitero cy’ubwicanyi cyagabwe i Bukavu.

DRC: Igituma abaturage ba Uvira batishimira igaruka ry’Abapolisi babasize mu mage.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-03-13 13:13:35 CAT
Yasuwe: 13


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Uko-umwanda-wo-mu-misarane-wIkigo-cyIshuri-waturitse-ugasenyera-abaturage.php