Ingabo na Polisi mu murongo w’iterambere: Icyo ibikorwa bizamara amezi 3 bizafasha abaturage
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 14 Werurwe 2025, Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga, ari kumwe n’Umuvugizi Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col. Simon Kabera, batangaje ko ibikorwa byihariye bigamije iterambere ry’abaturage bizatangira ku wa Mbere, tariki ya 17 Werurwe 2025. Ibi bikorwa bizamara amezi atatu, bigakorerwa mu Gihugu hose hagamijwe kuzamura imibereho myiza y’abaturage.
Mu kiganiro n’itangazamakuru, aba bayobozi bavuze ko ibi bikorwa birimo ubuvuzi, kubungabunga ibidukikije, kubaka ibikorwaremezo, ubworozi, no kubakira imiryango itishoboye. Lt Col. Simon Kabera yagaragaje ko mu mwaka ushize ibi bikorwa byageze kuri byinshi, harimo kubaka inzu 31 z’abatishoboye, ibiraro 13, ibigo mbonezamikurire 13, ndetse no kugeza amashanyarazi ku nzu zisaga 320.
Lt Col. Kabera yavuze ko muri uyu mwaka hazibandwa ku turere turimo Nyagatare, Rulindo, Nyamasheke na Nyaruguru, aho hazakorwa ibikorwa binyuranye bijyanye n’ibikenewe kurusha ibindi.
Yagize ati: "Ibyifuzo biba ari byinshi ariko kugira ngo ubashe kubikemura bijyana n’amikoro uko agenda aboneka. Habaho guhitamo bijyanye n’aho byihutirwa gukemura ikibazo vuba vuba."
Yongeyeho ko ibikorwa by’ubuvuzi byitezwe gufasha abantu benshi cyane cyane mu bice by’icyaro, aho abarwaye indwara z’amaso, iz’abana n’iz’ababyeyi bazavurwa ku buntu.
ACP Boniface Rutikanga yagaragaje ko iyi gahunda izahuzwa no kwizihiza imyaka 25 y’imikoranire hagati ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage. Yavuze ko kuva kera Polisi n’Ingabo byagiraga ibikorwa byabyo ukwabyo, ariko guhera umwaka ushize hafashwe umwanzuro wo kubihuza kugira ngo bigire ingaruka nziza kandi zihamye.
Yagize ati: "Umutekano si ukuburira imbunda ahantu runaka gusa, uhera no ku mibereho myiza y’abaturage. Iyo umuturage afite ubuzima bwiza, aho kuba, aho kwiga n’uburyo bwo kwiteza imbere, n’iterambere ry’Igihugu riba ritekanye.”
Mu rwego rwo gukomeza imibanire myiza n’abaturage, Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu yavuze ko ibikorwa nk’ibi bifasha abantu gusobanukirwa ko inzego z’umutekano atari abarinzi gusa, ahubwo ari abafatanyabikorwa babo.
Yagize ati: "Imwe mu nshingano Polisi yahawe ni ugukorana n’abaturage bagashira ubwoba, umuturage ntarebe umupolisi cyangwa umusirikare nk’ushinzwe kumuhana ahubwo nk’umufatanyabikorwa mu iterambere rye."
Ibikorwa byo gufasha abaturage bizatangira ku mugaragaro ku wa Mbere tariki ya 17 Werurwe 2025, bikazamara amezi atatu bikorerwa mu gihugu hose, hagamijwe guhindura imibereho y’abaturage no guteza imbere ubufatanye hagati yabo n’inzego z’umutekano.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show