English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ubwicanyi bukomeye i Nyamasheke: Xavier yarashwe nyuma yo kwica umugore we n’umuturanyi.

Kuri uyu wa Kane, mu Mudugudu wa Kasenjara, Akagari ka Karusimbi, Umurenge wa Bushenge, Akarere ka Nyamasheke, habaye igikorwa cy’ubwicanyi gikomeye, aho Niyonagize Xavier w’imyaka 55, yishwe arashwe nyuma yo gukora ibikorwa bikomeye byo kwica umugore we utwite n’umuturanyi, ndetse akica inka ye y’imbyeyi.

Nk’uko byemejwe n’abatangabuhamya, Xavier yiciye umugore we ndetse n’umuturanyi we ahagana saa moya za mu gitondo, nyuma y'icyo gikorwa akikingirana mu nzu ye, aho yaje kuraswa agifite umuhoro, bikaba byakekwaga ko yifuzaga guhitana abandi bantu.

Ibi bikorwa by’ubwicanyi byateje impagarara mu baturage bo mu Murenge wa Bushenge, aho hakomeje gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane impamvu nyamukuru yatumye Xavier yitwara muri ubu buryo, ndetse no kumenya niba hari abandi bantu bashobora kuba bari mu kaga.

Aya makuru tuyakesha urubuga rwa X rw’Imvaho Nshya.



Izindi nkuru wasoma

Rubavu: Byagenze gute ngo Polisi ifate umugore wari ufite litilo 1,760 z’inzoga z’inkorano.

Icyakurikiyeho nyuma yuko Perezida Trump asinye itegeko rikumira abakinnyi bihinduje ibitsina.

Ubwicanyi bukomeye i Nyamasheke: Xavier yarashwe nyuma yo kwica umugore we n’umuturanyi.

Minisitiri w’Ingabo wa Afurika y’Epfo ku gitutu cyo kwegura nyuma y’urupfu rw’abasirikare 14

Ubwicanyi n’uruhuri rw’ingaruka zituruka ku Bacancuro b’Abanyaburayi mu bibazo byo muri Afurik



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-06 11:22:34 CAT
Yasuwe: 42


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Ubwicanyi-bukomeye-i-Nyamasheke-Xavier-yarashwe-nyuma-yo-kwica-umugore-we-numuturanyi.php