English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ubwicanyi bukomeye i Nyamasheke: Xavier yarashwe nyuma yo kwica umugore we n’umuturanyi.

Kuri uyu wa Kane, mu Mudugudu wa Kasenjara, Akagari ka Karusimbi, Umurenge wa Bushenge, Akarere ka Nyamasheke, habaye igikorwa cy’ubwicanyi gikomeye, aho Niyonagize Xavier w’imyaka 55, yishwe arashwe nyuma yo gukora ibikorwa bikomeye byo kwica umugore we utwite n’umuturanyi, ndetse akica inka ye y’imbyeyi.

Nk’uko byemejwe n’abatangabuhamya, Xavier yiciye umugore we ndetse n’umuturanyi we ahagana saa moya za mu gitondo, nyuma y'icyo gikorwa akikingirana mu nzu ye, aho yaje kuraswa agifite umuhoro, bikaba byakekwaga ko yifuzaga guhitana abandi bantu.

Ibi bikorwa by’ubwicanyi byateje impagarara mu baturage bo mu Murenge wa Bushenge, aho hakomeje gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane impamvu nyamukuru yatumye Xavier yitwara muri ubu buryo, ndetse no kumenya niba hari abandi bantu bashobora kuba bari mu kaga.

Aya makuru tuyakesha urubuga rwa X rw’Imvaho Nshya.



Izindi nkuru wasoma

Igikwiye gukorwa nyuma yo gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye

Tiger Woods yahishuye ko ari mu rukundo n’uwahoze ari umugore wa Donald Trump Jr

Umugore yatawe muri yombi azira guteme umugabo we

Volleyball: Amakipe yombi ya APR VC yageze ku mukino wa nyuma wa kamarampaka

Ikigiye gukorwa nyuma yuko Jennifer Lopez atandukanye na Ben Affleck: Ese agiye kongera gukunda?



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-06 11:22:34 CAT
Yasuwe: 107


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Ubwicanyi-bukomeye-i-Nyamasheke-Xavier-yarashwe-nyuma-yo-kwica-umugore-we-numuturanyi.php