English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ikigiye gukorwa nyuma yuko Jennifer Lopez atandukanye na Ben Affleck: Ese agiye kongera gukunda?

Nyuma yo gutandukana na Ben Affleck muri Gashyantare 2025, umuhanzikazi akaba n’umukinnyi wa filime Jennifer Lopez biravugwa ko yatangiye gutekereza ku kongera gusubira mu rukundo. Inshuti ze za hafi zabwiye Daily Mail ko nyuma y’igihe kinini ari kumwe n’umuryango n’inshuti ze, Lopez yumvise ko yiteguye gufungura umutima we ku kindi cyiciro cy’urukundo.

Mu gihe Lopez akomeje gutekereza ku hazaza he mu rukundo, inshuti za hafi za Ben Affleck zo zatangaje ko uyu mugabo ameze neza kurusha uko yari ameze bari kumwe. Affleck na Lopez, bazwi cyane nk’‘Bennifer,’ bagiranye amateka akomeye mu rukundo, aho bakundanye bwa mbere kuva mu 2000 kugeza mu 2004, bagasubirana mu 2021 mbere yo kurushinga mu 2022.

Mu kiganiro yahaye Vogue Magazine nyuma yo gutandukana na Ben, Jennifer Lopez yavuze ko icyamubabaje cyane ari uburyo yabuze igihe cye, yerekana ko itandukana ryabo ryamugizeho ingaruka zikomeye. Nubwo ataragaragaza neza uwo yifuza gukundana na we, ni ibintu byitezwe cyane n’abafana be hirya no hino ku isi.



Izindi nkuru wasoma

U Rwanda rwifatanyije na Qatar nyuma y’igitero cya Misile Iran yarashe ku Kigo cya Gisirikare

Bugingo Hakim yerekeje muri APR FC nyuma yo kwigaragaza muri Rayon Sports

Uko impanuka yo muri Ngororero yongeye kugaragaza uburangare nyuma yo gukomerekeramo 4

Uwatoje ikipe ya APR FC agiye gutoza ikipe ya Police FC

Byinshi mutamenye ku mugore witabiye Imana nyuma yo kurarana na Pasiteri i Nyaruguru



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-03-22 10:06:40 CAT
Yasuwe: 227


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Ikigiye-gukorwa-nyuma-yuko-Jennifer-Lopez-atandukanye-na-Ben-Affleck-Ese-agiye-kongera-gukunda.php