English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Rulindo: Icyakozwe ngo hafatwe Umugabo atwaye imodoka yahinduwe mo ububiko bwa magendu

Polisi y’u Rwanda yafashe umugabo w’imyaka 40 wari utwaye imodoka yarimo amacupa 100 y’inzoga za Likeri zinjijwe mu Rwanda mu buryo bwa magendu. Uyu mugabo yafatiwe mu Murenge wa Rusiga mu Karere ka Rulindo ku wa Kabiri tariki 11 Werurwe 2025, ubwo yerekezaga mu Mujyi wa Kigali.

Uyu mugabo yari yarashyize amayeri mu modoka ye, ayongeramo ibyumba byihariye bifashishwa mu guhisha inzoga magendu, bikaba ari byo byafashwe n’abapolisi bo mu Ishami rishinzwe kurwanya magendu.

Ifatwa rye ryashimangiwe n’amakuru y’abaturage

SP Jean Bosco Mwiseneza, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, yavuze ko Polisi yari ifite amakuru ko uyu mugabo asanzwe yinjiza inzoga mu gihugu mu buryo butemewe. Ibi byahujwe n’amakuru yatanzwe n’umuturage ku wa 11 Werurwe, bikaba byatumye Polisi imuhagarika ikamusaka.

Ati: “Yari yarafashe imodoka ayongeramo ibyumba bikozwe mu byuma yasudiriyeho, aho yashyiraga inzoga mu buryo butagaragara. Polisi yamuhagaritse imusaka, iza gusanga izi nzoga za Likeri zitandukanye.”

Inzoga zafashwe zirimo Jameson, Amarula, Jack Daniel’s, Jagermeister na Gold Label (Johnnie Walker), zifite agaciro kari hagati ya miliyoni 4 na miliyoni 5 Frw.

Yemeye icyaha, avuga aho yavanye inzoga

Uyu mugabo amaze gufatwa, yemeye ko izi nzoga ari ize, anemeza ko yazikuraga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akazinjiza mu Rwanda anyuze mu nzira zitemewe, aho yazigurishaga mu Mujyi wa Kigali.

Polisi ikomeje gukangurira abaturage gutanga amakuru ku bikorwa bitemewe, no gukomeza ubufatanye mu kurwanya magendu n’ubucuruzi butemewe.



Izindi nkuru wasoma

Rulindo: Icyakozwe ngo hafatwe Umugabo atwaye imodoka yahinduwe mo ububiko bwa magendu

Polisi yarashe mu kico umugabo wari uvuye Iwawa nyuma yo gukekwaho ubujura

Iperereza ku mpanuka y’imodoka mu Bubiligi: Impamvu n’ingaruka ku buzima bw’Abarundi

Impamvu yatumye Umugabo agerageza kwica umukozi w’Urukiko rwa Gasabo akoresheje imbago

Icyakozwe kugira ngo Polisi y’u Rwanda itahure ikirundo cy’amasashe na caguwa i Gatsata



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-03-12 14:53:00 CAT
Yasuwe: 9


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Rulindo-Icyakozwe-ngo-hafatwe-Umugabo-atwaye-imodoka-yahinduwe-mo-ububiko-bwa-magendu.php