Rayon Sports WFC yerekanye ubwambure bwa AS Kiagali WFC nyuma yo kuyitsinda ibitego 5-2.
Ku wa kane tariki ya 26 Nzeri 2024, ni bwo habaye umukino karundura wahuje Rayon Sports WFC y’Abari n’Abategarugori na AS Kigali WFC, mu guhatanira igikombe kiruta ibindi mu Rwanda cya Super Coupe 2024.
Uyu mukino wahuje amakipe yombi wabereye kuri Kigali Pele Stadium, aho umukino watangiye saa kumi zuzuye. Abafana bari baje kureba uyu mukino baryohewe n’uyu mukino kuva ku munota w ambere kugeza ku munota wanyuma w’uyu mukino.
Rayon Sports WFC na AS Kigali WFC n’amakipe afitanye igisobanuro kinini muri Shampiyona y’Abari n’Abategarugori yo mu Rwanda, cyane ko Igikombe cya Shampiyona giheruka ndetse n’Igikombe cy’Amahoro giheruka byose bya twawe na Rayon Sports WFC, naho AS Kigali WFC ikayirwa mu ntege.
Rayon Sports ni yo yinjiye mu mukino neza kubera ko Marry Chavida Gibi yatangiye afungura amazamu ku munota wa11 w’umukino, gusa byafashe iminota 23 gusa ngo SA Kigali WFC yishyure iki gitego, ku munota wa 37 yongeye gushyiramo igitego cya kabiri gitsinzwe na Colarie. Abakunzi ba Rayon sports WFC batangira kudagadwa mu gihe aba AS Kigali WFC bo bari bari mu bicu.
Igice cya mbere cy’umukino AS Kigali WFC ari yo iyoboye umukino nyuma yo gutsinda Rayon Sports ibitego 2-1.
Mu gice cya kabiri cy’umukino Rayon Sports WFC yagarukanye imbaraga zidasazwe zo gushaka ibitego ndetse n’itsinzi muri rusange. Binyuze muri barutahizamu bakomeye b’iyi kipe ya Gikundiro ntibyabasabye gutegereza iminota myinshi ngo bishyure igitego bari batsizwe, Chavinda wari wanatsinze igitego cya mbere yongeye kwereka abakunzi ba Rayon Sports ko bagomba gutsinda bakanegukana n’Igikombe.
Ubushongore n’ubukaka abakinnyi ba Rayon Sports WFC bari bafite babugaragaje, batsinda igitego cya gatatu gitsizwe na Otolo Muema ku munota wa 85, umuvuduko wakomeje kuzamuka maze ku munota wa 90 Muhawenimana arongera asetsa inshundura za AS Kigali WFC.
Mu minota y’inyongera Kaboy yaje gutsinda igitego cya Gatanu bituma umukino urangira ari ibitego bitanu bya Rayon Sports WFC kuri 2 bya AS Kigali WFC.
Bwa mbere mu mateka ya Rayon Sports WFC iba yegukanye ihikombe cyayo ya mbere cya Super Coupe, kikaba igikombe cyayo cya Gatatu yegukanye muri uyu mwaka w’imikino.
Million 5 z’amafaranga y’u Rwanda n’Igikombe ni byo byahawe Rayon Sports WFC, mu gihe AS Kigali WFC yahawe million 3 gus.
NSENGIMANA Donatien.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show