English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Qatar yiyemeje guteza imbere ubushakashati n’ubwenge buhangano mu Rwanda.

 

U Rwanda na Qatar basinye amasezerano agamije guteza imbere serivise z’itumanaho ndetse ni ikorana buhanga mu Rwanda.Ni amasezerano yasinywe kuri uyu wa 11 Ugushyingo 2023 mu inama yahuje ibihugu byo  muri Afurika n'Igihugu cya Qatar yabereye mu Rwanda.

 

Aya masezerano yashizweho umukono na Minisitiri wa Qatar ushinzwe itumanaho n’ikoranabuhanga Mohammed bin Ali Al Mannai na Minisitiri w’u Rwanda ushinzwe itumanaho na inovasiyo Musoni Paula Ingabire.

Leta ya Qatar igaragaza ko aya masezerano agamije guteza imbere umubano mwiza uri hagati y’Ibihugu byombi  mu rwego rw’itumanaho n’ikoranabuhanga.muri aya masezerano harimo ajyanye no guteza imbere ubushakashatsi,gushiraho politi n’ingamba z’ikoranabuhanga,guteza imbere ibijyane n’ubwenge buhahano(Artifical Intelligance).

 

Minisitiri wa Qatar ushinzwe itumanaho n’ikoranabuhanga Mohammed Ali, yavuze ati” ubu bufatanye ni ikimenyetso cyuko twiyemeje guhanga udushya haba imbere mu igihugu no hanze yacyo” aya masezerano yashizeho uburyo bwo gusangira ubunararibonye mu bijyanye no guteza imbere imigi ndetse n’ubucuruzi bukorerwa kuri murandasi.



Izindi nkuru wasoma

Meteo Rwanda yasobanuye iby'imvura igiye kugwa mu mezi atatu ari imbere

U Rwanda rwaje imbere mu bihugu bifite ingamba nziza zo guteza imbere Afurika

Amafaranga yinjizwa n'amabanki y'ubucuruzi y'imbere mu gihugu yazamutseho 12.5%

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yifurije Paul Kagame ishya n'ihirwe nyuma yo gutsinda amatora

REB igiye gushyira mu nteganyanyigisho y'uburezi amasomo y'ikoranabuhanga ry'ubwenge buhangano na ro



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2023-11-12 22:22:14 CAT
Yasuwe: 213


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Qatar-yiyemeje-guteza-imbere-ubushakashati-nubwenge-buhangano-mu-Rwanda.php