English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Perezida Tshisekedi yicaye ku meza amwe n’intumwa ya Papa mugushakira umuti w’ikibazo cya Congo.

Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 25 Gashyantare, Perezida Félix Tshisekedi yaganiriye, i Kinshasa, n’intumwa ya Papa muri Congo, Musenyeri Mitja Leskovar, ku ntambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira demokarasi ya Congo n’ingaruka zikomeye z’ubutabazi.

Nk’uko iyi ntumwa ivuga, “Nyir’ubutungane” ashyigikiye igisubizo kivuye mu biganiro hagati y’abatavuga rumwe muri iki kibazo.

Inkuru yashyizwe ahagaragara na Radio Okapi ivuga ko bombi baganiriye cyane cyane ku buryo bwo kwimakaza amahoro kugira ngo imirwano ihagarare kandi abaturage baho (mu burasirazuba bwa DRC) basubire mu buzima bwabo busanzwe.

Ati: “Iki kibazo kiragoye, hari ababirimo benshi hanze ndetse no mu gihugu imbere. Papa Francis yahoze asaba guhagarika ihohoterwa no kuvugana. ”

Musenyeri Mitja Leskovar yashyigikiye igisubizo cya diplomasi kuri iki kibazo.

Ati: “Ntabwo gukoresha ingufu, intwaro, iterabwoba ku baturage ari byo byatuma ushobora kubona amahoro. Ni ngombwa guteranira ku meza (y’ibiganiro) kandi mukabwizanya ukuri ”.



Izindi nkuru wasoma

Hatangajwe impamvu uruzinduko rwa Perezida Kagame rwimuriwe muri BK Arena

Gen. Makenga yise Perezida Tshisekedi "ibandi" ndetse ashimangira ko M23 yiteguye ibiganiro

Ibiganiro hagati ya Guverinoma ya DRC na M23: Inzira yonyine y'umuti?

Perezida Kagame yagaragaje uburyo gukorana na Tshisekedi ari intambwe ikomeye mu mibanire y'ibihugu

Perezida Kagame na Banki y’Isi mu bufatanye bushya: Imishinga igiye guteza imbere u Rwanda



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-26 09:25:04 CAT
Yasuwe: 51


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Perezida-Tshisekedi-yicaye-ku-meza-amwe-nintumwa-ya-Papa-mugushakira-umuti-wikibazo-cya-Congo.php