English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Perezida wa Togo Faure Gnassingbé yoherejwe mu muriro wa Congo

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 12 Mata 2025, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) watangaje ku mugaragaro ko Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé, agizwe umuhuza mushya mu biganiro bigamije kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), ahakomeje kumeneka amaraso.

Iki cyemezo gifashwe n’Inteko Rusange ya AU kije gisimbura Perezida wa Angola, João Lourenço, wari usanzwe kuri uyu mwanya ariko uherutse gusezera ubwo yatorerwaga kuyobora AU. Bivuze ko inshingano zo gukemura ikibazo cy’intambara mu Burasirazuba bwa Congo zashyizwe mu maboko ya Gnassingbé, mu gihe ibintu birushaho kujya irudubi.

AU yatangaje ko hari gahunda yo gukomeza ibiganiro, hashingiwe ku byari byaragezweho mu bwunzi bwa Luanda na Nairobi. Komisiyo yihariye izategura ingingo z’ingenzi zizaganirwaho n’impande zose bireba.

Iri vugururwa rihuriranye n’igihe umutwe wa M23 na FARDC/Wazalendo bongeye gushyamirana bikomeye, ibitero bikaba byarasubukuwe mu bice bigenzurwa na M23, ibintu bishobora kudindiza umuhate wo kugera ku mahoro binyuze mu biganiro.



Izindi nkuru wasoma

Uwari Perezida wa Rayon Sports yasabye abakunzi ba ruhago gutabara ‘umugabo’ uri mu kaga’

Perezida wa Togo Faure Gnassingbé yoherejwe mu muriro wa Congo

Gabon yahisemo Jenerali Oligui Nguema wahiritse ubutegetsi ngo ababere Perezida

Kajye mu muriro utazima!: Perezida Kagame yasubije abakomeje kunenga no guhiga u Rwanda

Mujye mu kuzimu - Perezida Kagame yahaye gasopo abafite imigambi mibi ku Rwanda



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-04-14 09:13:30 CAT
Yasuwe: 33


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Perezida-wa-Togo-Faure-Gnassingb-yoherejwe-mu-muriro-wa-Congo.php