English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Perezida Kagame na mugenzi we wa Misiri mu biganiro byihariye ku mutekano wa DRC

Kuri uyu wa Kane, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagiranye ibiganiro byihariye na mugenzi we wa Misiri, Abdel Fattah El Sisi, bigaruka ku mutekano mu karere no ku bufatanye bw’ibihugu byombi, by’umwihariko ku bikorwa by’indashyikirwa u Rwanda rukomeje kugaragaza muri Repubulika ya Santrafurika.

Mu kiganiro bagiranye hifashishijwe umurongo wa telefone, Perezida Sisi yashimangiye ko igihugu cye gishyigikiye ibikorwa byo kugarura ituze mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agaragaza ko amahoro arambye muri ako gace ari ingenzi ku baturage bose bo mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba.

Perezida Sisi yabwiye mugenzi we Kagame ati "Igihugu cyanjye gihagaze hamwe n’Akarere mu rugendo rwo gushaka amahoro arambye", yongeraho ko gushyira hamwe imbaraga ari bwo buryo bwonyine bwo kugera ku mahoro afatika n’iterambere rirambye.

Ibiganiro byabo byibanze kandi ku guteza imbere umubano mwiza usanzwe hagati ya Kigali na Cairo, by'umwihariko mu nzego z’ubukungu, uburezi, ubuvuzi, ingufu n’imishinga y’iterambere rusange. Aba bayobozi bombi banagarutse ku kamaro ko gukomeza ubufatanye hagati y’ibihugu bituriye uruzi rwa Nile, aho bashimangiye ko ibiganiro n’ubwumvikane ari inkingi y’ingenzi mu gusaranganya amazi n’inyungu azikomokaho mu buryo burambye kandi buboneye.

Uru ni urundi rugero rugaragaza uko u Rwanda rukomeje kugira ijambo rikomeye mu biganiro mpuzamahanga bijyanye n’umutekano n’amahoro, ndetse n’uko ubufatanye na Misiri bukomeje gukura mu ngeri zitandukanye.



Izindi nkuru wasoma

Perezida Kagame na mugenzi we wa Misiri mu biganiro byihariye ku mutekano wa DRC

Uwari Perezida wa Rayon Sports yasabye abakunzi ba ruhago gutabara ‘umugabo’ uri mu kaga’

Bikomeje kuzamba: Abapolisi 7 bashinjwa kwivugana mugenzi wabo nyuma yo gutuka Minisitiri w’Intebe

Perezida wa Togo Faure Gnassingbé yoherejwe mu muriro wa Congo

Gabon yahisemo Jenerali Oligui Nguema wahiritse ubutegetsi ngo ababere Perezida



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-04-18 10:14:38 CAT
Yasuwe: 32


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Perezida-Kagame-na-mugenzi-we-wa-Misiri-mu-biganiro-byihariye-ku-mutekano-wa-DRC.php