Perezida Kagame mu nama ya AU yihanangirije abashinja u Rwanda ibibazo bya Congo.
Perezida Paul Kagame yongeye gushimangira ko u Rwanda rudakwiye kugirwa umuhererekanyi w’ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), asaba abayobozi b’icyo gihugu kwicara bakishakira ibisubizo aho guhora biregura abandi.
Ibi yabigarutseho mu nama y’Akanama ka Afurika Yunze Ubumwe gashinzwe Amahoro n’Umutekano yabereye i Addis Ababa, aho yanenze uburyo bamwe bakomeje kwirengagiza ikibazo cy’umutwe wa FDLR, ukomeje kugira ingaruka mbi ku mutekano w’u Rwanda n’akarere muri rusange.
"FDLR ntiyakagombye kwirengagizwa"
Perezida Kagame yagaragaje ko hari abirengagiza ikibazo FDLR iteza, bagafatanya kuyifata nk’aho itabaho, ndetse bakanayitesha agaciro.
Yagize ati: "Ni gute FDLR imeze nk’itabaho mu bitekerezo bya bamwe? Cyangwa ni ukubera iki ari ikintu kirengagizwa kigafatwa nk’aho ari gito? Niba ubitesheje agaciro gutyo, uba utesheje agaciro amateka yanjye kandi sinshobora kubyemera kandi ntabwo nitaye ku wo uri we."
FDLR ni umutwe w’inyeshyamba ugizwe ahanini n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ugakorera mu Burasirazuba bwa Congo. U Rwanda rumaze igihe rusaba ko wakurwaho burundu, ariko kugeza ubu ntiharafatwa ingamba zifatika.
U Rwanda si nyirabayazana w’ibibazo bya Congo
Perezida Kagame yavuze ko bidakwiye ko RDC ihora ishinja u Rwanda ibibazo byayo aho kwishakira ibisubizo.
Yagize ati: "Rimwe na rimwe hari abo numva bavuga ngo ni ryari Congo izafata inshingano mu gukemura ibibazo byayo? Ni gute Congo yumva ko ibibazo byayo byose bituruka hanze, bityo ikajya gushakira ibisubizo by’ibibazo byayo hanze? U Rwanda ntaho ruhuriye n’ibibazo bya Congo. Dufite ibibazo byacu tugomba gukemura kandi Congo ni nini cyane ku Rwanda ku buryo rutabasha kwikorera imitwaro yayo."
Aha yashimangiye ko u Rwanda rudakwiye guhora rushingirwaho mu kibazo cya M23, umutwe wa gisirikare urwanya Leta ya RDC, kuko ari ikibazo kigomba gukemurwa n’icyo gihugu ubwayo.
"Ntawe nsaba uburenganzira bwo kubaho"
Mu ijambo rye, Perezida Kagame yagaragaje ko u Rwanda, nubwo ari igihugu gito kandi gikennye, kidakwiye guteshwa agaciro cyangwa gusaba undi wese uburenganzira bwo kubaho.
Yagize ati: "Mu bari muri iki cyumba ntawe nsaba uburenganzira bwo kubaho cyangwa ngo musabe uko abantu banjye babaho. Nta n’umwe. Nzabaho kubera ko ari uburenganzira bwanjye. Ni uko bimeze."
Iri jambo ry’Umukuru w’Igihugu rije mu gihe umubano w’u Rwanda na RDC ukomeje kuba mubi, aho Leta ya Kinshasa ishinja Kigali gutera inkunga umutwe wa M23, mu gihe u Rwanda rwo rwakomeje kwerekana ko ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro muri Congo ari icya RDC ubwayo.
Abasesenguzi bavuga ko ibi biganiro byaba byerekanye ko hakiri icyuho mu gushakira umuti urambye ikibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo, ariko nanone bigaha u Rwanda urubuga rwo gusobanura uko rubona ibyo birego bikomeza kurushinjwa
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show