English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Nyanza:RIB yataye muri yombi umuyobozi w'ishuri ucyekwaho kwiba ibiryo by'abayeshuri

Mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Mukingo haravugwa inkuru y'umuyobozi n'umuzamu w'ishuri batawe muri yombi bakekwaho kwiba ibiribwa by'abanyeshuri .

Amakuru avuga ko aba bombi bakoreraga ikigo cy'amashuri abanza cya Nyakabuye mu Karere ka Nyanza, aba  bafashwe mu masaha akuze  yo ku wa kabiri tariki ya 24 Kamena.

Uyu muyobozi witwa Jean de Dieu n’umusaza w’imyaka 62 warindaga iryo shuri, nibo bakurikiranyweho iki cyaha.

Amakuru avuga ko uwo musaza akimara kubyiba yahise abijyanira umucuruzi wo muri ako gace. Akimara gufatwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, yavuze ko umuyobozi w’ishuri ariwe ngo wamwohereje kuko ngo n’urufunguzo rw’ahabikwa ibyo biribwa yaruhawe n’umuyobozi w’ikigo.

Amakuru avuga ko uwo muzamu yafatanywe umufuka w’umuceri, umufuka w’akawunga n’ibindi.

RIB yahise ifata uwo muyobozi w’iki kigo, n’umuzamu ndetse n’uwo mucuruzi.



Izindi nkuru wasoma

Uwari umuyobozi mukuru wa Hezbollah Hassan Nasrallah biravugwa ko yivuganwe na Israel.

Murarye muri menge. RIB yihanangirije abashyira ku mbuga nkoranyambaga amashusho y’urukoza soni

Uwari warasezeye burundu muri Ruhago agiye kuba Umunyezamu wa mbere wa FC Barcelona.

Menya byinshi byaranze Davis D muri muzika uri gutegura igitaramo cye cya mbere.

Dore Stade 10 za mbere zifite ubwiza butangaje kandi zubakanwe ubuhanga buhambaye muri Afurika.



Author: Elysee Niyonsenga Published: 2024-06-25 13:43:17 CAT
Yasuwe: 74


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/NyanzaRIB-yataye-muri-yombi-umuyobozi-wishuri-ucyekwaho-kwiba-ibiryo-byabayeshuri.php