English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Menya byinshi byaranze Davis D muri muzika  uri gutegura igitaramo cye cya mbere.

Umuhanzi Icyishatse David wamamaye mu muziki nka Davis D yavuze ko agiye gukora igitaramo cy’imbatura mugabo cyo kwizihiza imyaka 10 amaze mu rugendo rw’umuziki no kumurikira abafana  be ibyo yagezeho mu myaka 10 itambutse.

Uyu muhanzi igitaramo cye yacyise ‘Shine Boy Fest’ ari nacyo cya mbere ateguye nk’umuhanzi ku giti cye. Kizabera muri Camp Kigali tariki 30 Ugushyingo 2024.

Davis D watangiye umuziki mu 2010, yabanje kugorwa n’ubushobozi ariko mu 2012, aza kuwinjiramo nk’uwabigize umwuga, kugeza ubu akaba akomeje gutanga ibyishimo binyuze mu ndirimbo zigezweho zitandukanye.

Davis D yamenyekanye cyane binyuze mu ndirimbo zirimo ‘Biryogo’ yakoze mu 2015. Nyuma yakoze izindi zirimo ‘Mariya Kaliza', 'Ma people', 'Micro', 'Ifarasi', 'Pose', 'Itara', 'Truth or Dare', 'Bad Boy', 'Kimwe Zero’ n’izindi.

Icyishatse David mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru , yatangaje ko igitaramo agiye gukora kizaba kirimo urwo rugendo rwose amazemo imyaka isaga 10 abarizwa mu banyamuziki.

Yagize ti “Kizaba kirimo urwo rugendo rwose, uretse ko njye ntabwo nigeze ngera aho numva nahagarika umuziki ariko haba harimo byinshi bibi n’ibyiza.”

Yakomeje avuga ko inzozi zo kuzagera ku rwego rwo gukora igitaramo cye nk’umuhanzi akigezeho akaba anabyishimira cyane ko atazabanategura n’ibindi uko iminsi igenda yicuma.

Muri iki gitaramo Davis D  azafatanyamo n’umuhanzi mpuzamahanga ndetse n’ab’imbere mu gihugu ateganya gutangaza mu minsi mike iri imbere.

 

 

Umuhanzi Icyishatse David wamamaye mu muziki nka Davis D yavuze ko agiye gukora igitaramo cy’imbatura mugabo cyo kwizihiza imyaka 10 amaze mu rugendo rw’umuziki no kumurikira abafana  be ibyo yagezeho mu myaka 10 itambutse .

Uyu muhanzi igitaramo cye yacyise ‘Shine Boy Fest’ ari nacyo cya mbere ateguye nk’umuhanzi ku giti cye. Kizabera muri Camp Kigali tariki 30 Ugushyingo 2024.

Davis D watangiye umuziki mu 2010, yabanje kugorwa n’ubushobozi ariko mu 2012, aza kuwinjiramo nk’uwabigize umwuga, kugeza ubu akaba akomeje gutanga ibyishimo binyuze mu ndirimbo zigezweho zitandukanye.

Davis D yamenyekanye cyane binyuze mu ndirimbo zirimo ‘Biryogo’ yakoze mu 2015. Nyuma yakoze izindi zirimo ‘Mariya Kaliza', 'Ma people', 'Micro', 'Ifarasi', 'Pose', 'Itara', 'Truth or Dare', 'Bad Boy', 'Kimwe Zero’ n’izindi.

Icyishatse David mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru , yatangaje ko igitaramo agiye gukora kizaba kirimo urwo rugendo rwose amazemo imyaka isaga 10 abarizwa mu banyamuziki.

Yagize ti “Kizaba kirimo urwo rugendo rwose, uretse ko njye ntabwo nigeze ngera aho numva nahagarika umuziki ariko haba harimo byinshi bibi n’ibyiza.”

Yakomeje avuga ko inzozi zo kuzagera ku rwego rwo gukora igitaramo cye nk’umuhanzi akigezeho akaba anabyishimira cyane ko atazabanategura n’ibindi uko iminsi igenda yicuma.

Muri iki gitaramo Davis D  azafatanyamo n’umuhanzi mpuzamahanga ndetse n’ab’imbere mu gihugu ateganya gutangaza mu minsi mike iri imbere.

 



Izindi nkuru wasoma

Umugore yatawe muri yombi azira guteme umugabo we

M23 ikomeje gufata ibice byo muri Teritwari ya Walikale ku muvuduko udasanzwe

Nyaruguru: Abayobozi babiri b’Akarere batawe muri yombi, Menya impamvu

Havumbuwe ibihugu 20 bishaka kohereza ingabo zidasazwe muri Ukraine

Trump yasinye itegeko rikuraho Minisiteri y'Uburezi muri Amerika



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-09-24 16:18:25 CAT
Yasuwe: 287


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Menya-byinshi-byaranze-Davis-D-muri-muzika--uri-gutegura-igitaramo-cye-cya-mbere.php