English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Murarye  muri menge. RIB yihanangirije  abashyira ku mbuga nkoranyambaga amashusho  y’urukoza soni.

 Dr. Murangira B Thierry avuga ko hari abatangiye kuganirizwa ngo bareke gucisha ibiganiro ku mbuga nkoranyamabaga no gushyiraho ibiterasoni kuko bazabihanirwa n’amategeko.

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB ruraburira umuntu wese ushyira amashusho y’urukozasoni n’ibiganiro ku mbuga nkoranyambaga ko azabihanirwa kuko hari itegeko ribihana.

Ababyeyi bo bavuga ko biteye agahinda n’isoni ku bakiri bato kuko kugaragaza bimwe mu bice by’imyanya y’ibanga ubundi cyaziraga mu muco nyarwanda. Umutesi Diane ni Umubyeyi w’abana batatu  avuga ko ibintu bishyirwa ku mbuga nkoranyambaga by’ibiterasoni bidakumiriwe bizangiza abakiri bato ndetse bikabagira ho n’ingaru.

Yagize ati“Utekereza ko umwana uzavuka agasanga nyina umubyara yarikoraga ibintu nka biriya byo kwiyambika ubusa, kubyina ahennye, ndetse anasobanura uko bitwara mu buriri bitazamukomeretsa, ugasanga akurijemo kwanga nyina cyangwa se ndetse n’umuvandimwe we nawe akagendana ipfunwe abitewe n’amakosa atakoze”.

Mu gihe ku rundi  ruhande rw’ababyeyi bavuga ko usanga bitajyanye n’umuco nyarwanda aho usanga urubyiruko rumwe rwigana ibyo rubona ku mbuga nkoranyambaga bigatuma ruraruka.

Mu mategeko y’u Rwanda mu ngingo ya 135 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano, havuga ko umuntu wakoze ibiterasoni mu ruhame abihanirwa.

Iyo umuntu yakoze ibiteye isoni mu ruhame ahanwa n’ingingo ya 135 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano, havuga hati “Iyo icyaha cy’urukozasoni cyakorewe mu ruhame, uwakoze icyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2), ariko kitarenze imyaka 3 n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi maganatanu (500) ariko kitarenze miliyoni imwe (1000.000).

Bimwe mubifatwa  nk’ibiterasoni  harimo gusinda mu uruhame, ukaba wakwinyarira, cyangwa inzoga zikaba zakugaragura hasi mu muhanda, gukorera imibonano mpuzabitsina ku karubanda nabyo mu muco nyarwanda bifatwa nk’icyaha cy’urukozasoni n’ibindi.

Naho ku ruhande rw’urubyiruko ruvuga ko rutari ruzi ko hari itegeko rihana uwakoze ibiterasoni mu ruhame, gusa rukemera ko hashyizweho uburyo bwo kugenzura ibikorwa byose biteye isoni bitajyanye n’umuco bishyirwa ku mbuga nkoranyambaga byaba byiza kurushaho kuko byarinda abakiri bato.

 



Izindi nkuru wasoma

Murarye muri menge. RIB yihanangirije abashyira ku mbuga nkoranyambaga amashusho y’urukoza soni

Uwari warasezeye burundu muri Ruhago agiye kuba Umunyezamu wa mbere wa FC Barcelona.

Menya byinshi byaranze Davis D muri muzika uri gutegura igitaramo cye cya mbere.

Dore Stade 10 za mbere zifite ubwiza butangaje kandi zubakanwe ubuhanga buhambaye muri Afurika.

Abadashyigikiye ubutegetse bwa Samia Suluhu Hassan batawe muri yombi.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-09-26 13:16:51 CAT
Yasuwe: 40


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Murarye--muri-menge-RIB-yihanangirije--abashyira-ku-mbuga-nkoranyambaga-amashusho--yurukoza-soni.php