English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Minisitiri w'Intebe  Dr Edouard Ngirente yarahije  aba Ofisiye 166 basoje amahugurwa  

Ku wa Kabiri tariki ya 18 Kemana, Minisitiri w'Intebe w'u Rwanda Dr Edouard Ngirente,  yayoboye umuhango wo guha ipeti rya Assistant Inspector  itsinda ry'abasirikare 166 mu rwego  rw'igorora, abasaba gushira mu bikorwa no gukora inshingano barahiriye uko bikwiye.

Ni umuhango wabereye ku ishuri ry'amahugurwa rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana .  Muri uwo muhango Minisititi w'intebe Dr Edouard Ngirente, yabasabye kuba abanyamwuga  kandi bagakora ibikorwa bihesha ishema u Rwanda.

Yakomeje avuga ko u Rwanda rubitezeho kuzuza inshingano  zabo  badateshutse ku ndahiro bagiriye imbere yabanyarwanda.

Ati"Nti muzajye mu bikorwa bidakwiye bitajyanye nshingano zanyu ndetse muzite ku bagororwa mwirinda gukora ibikorwa biheshya isurambi urwego rwa RCS ndetse n'igihugu muri rusange.

Umuyobozi  w'ishuri ry'amahugurwa rya RCS ACP Emmanuel Nshozamihigo Rutayisire yashimiye inzego nkuru za Leta kubwo gukomeza kubaka ubushobozi bw'urwego rw'u Rwanda rushinzwe igirora.

Muri uwo muhango kandi yabaye igikorwa cyo guhemba aba Ofisiye bitwaye neza barimo Iyakaremye Eric wahize abandi Niyonsenga Eugene wabaye uwa kabiri na Kirabo Alice wabaye uwa gatatu.

 



Izindi nkuru wasoma

Minisitiri Dr.Utumatwishima yahaswe ibibazo n’abihebeye ‘Big Energy’.

Umva icyo Minisitiri w’Urubyiruko Dr. Utumatwishima yabwiye abakoresha imvugo ya Big Energy.

Menya byinshi kuri Minisitiri mushya w’Uburezi.

Abasoje amasomo mu Itorero indangamirwa ikiciro cya 14 bahawe impanuro na Minisitiri w'intebe

Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan yirukanye Minisitiri w'ubuzima



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-06-19 10:51:09 CAT
Yasuwe: 130


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Minisitiri-wIntebe--Dr-Edouard-Ngirente-yarahije--aba-Ofisiye-166-basoje-amahugurwa--.php