English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Minisitiri Dr.Utumatwishima  yahaswe ibibazo n’abihebeye ‘Big  Energy’.

Mu minsi mike ishize Minisitiri w’Urubyiruko  n’Ubuhanzi  Dr.Utumatwishima Jean Nepo  Abdallah yakebuye bakoresha imvugo ya ‘Big Energy’ y’umunyamakuru akaba n’umuhanzi Yago, abasaba guca ukubiri na yo yanatangaje ko nihatagira igikorwa hashobora kuzavamo agatsiko kabi.

Mu cyumweru gishize  ku mbuga nkoranya mbga zitandukanye ziganjemo urubuga rwa X, hagaragaye amashusho ya Dr. Utumatwishima Jean Nepo  Abdallah agira inama zitandukanye urubyiruko  arusaba  kujyendera kure ibyatuma  bisanga mu dutsiko tw’ibyaha.

Dr. Utumatwishima Jean Nepo  Abdallah yakomoje ku itsinda ‘Big Energy’ rimaze igihe rigarukwaho, asaba urubyiruko n’abandi  muri rusange  kutajyendera  mu kigare cyo gushyigikira  iri tsinda,

Ati’’Buriya ibintu bitangira byitwa  Big Energy, bigatangira  mubona ari agatsiko gato,  bikarangira bivuyemo  ikintu kinini,bikarangira wabyinjiyemo cyane kuburyo utabasha kubyikuramo,mbese bikarangira mukoze ishyano.’’

Umuhanzi akaba n’umunyamakuru  Yago Pon Dat  yifashishije amashusho  yatangiwemo ubu butumwa  yahakanye yivuye inyuma ko ‘Big Energy’  atari agatsiko  nk’uko gafatwa.

Yago yanyomoje  Mminisitiri ndetseanatangaza ubutumwa bugamije gukosora ibyavuzwe na we, ati’’BwanaMinisitiri Utumatwishima Jean Nepo  Abdallah, Big Energy  ni abakunzi b’ibikorwa  byanjye  ntabwo  ari agatsiko nku’uko  mubibwiye  urubyiruko ndetse n’abandi bose muri rusange.’’

Minisitiri Utumatwishima nawe ntiyaripfanye yahise asubiza  yago ati’’Ndagushimiye Yago. Gukosora kwawe kumvikanye. Niba hari abafanabawe bashaka kumenya  ibyo nababwira bagakosora  reka tubipange.’’

Dr. Utumatwishima Jean Nepo  Abdallah yakomeje yakomeje yibutsa Yago ko  na we ubwe yigeze kumutera ingabo mu bitugu mu bikorwa bye, ariko  ko atabura  gukosora  ibyo  yaba yaratandukiyemo.

Benshi batanze ibitekerezo kuri ibi byose, berekanye aho bahagaze, barimo abamaganira kure  Big Energy  ndetse n’abayishyigikiye.

Uwitwa Migambi Jean  yagize ati’’Yago  ni inshuti yanjye,  gusa Big Energy n’ibisanzwe ariko nyuma yo kuboana Bruce Melody uburyo bamwibasiye ari Stage, rwose  Big Energy muyitoze  kuba Positive ntakwibasira abantu.’’

Uwitwa  Igifaru Kumurimo  nawe niyaripfanye,yanditse kuri X ati’’Minisitiri rwose  humura, ntugire ikibazo wowe n’abandi  ntimwumve  ko hari  uwo twakwemerera ko  anyura muri uyu mutaka wa Big Energy ngo akorere amabi, u Rwanda rwatwibarutse ,ikindi kandi mwibuke ko mu twigisha  kudatega agahanga mu gihe turenganywa.’’

Kurundi ruhande umukunzi wa Yago akaba anamushyigikiye, yagize ati’’ Dr. Utumatwishima Jean Nepo  Abdallah ,abakunzi ba

Louise Mushikiwabo, bitwa  ABA CHOU, Abakunzi ba  Bruce  melody bitwa IBITANGAZA , Abakunzi ba Riderman bitwa IBISUMIZI Abakunzi ba Tuff gung bitwa ABA TUFF, Abakunzi ba  Yago bitwa  BIG ENERGY, Abakunzi ba Platin na TMS bitwaga INDATWA, none ikibazo ni Big energy?

 

 

Nsengimana Donatien.



Izindi nkuru wasoma

Minisitiri Dr.Utumatwishima yahaswe ibibazo n’abihebeye ‘Big Energy’.

Umva icyo Minisitiri w’Urubyiruko Dr. Utumatwishima yabwiye abakoresha imvugo ya Big Energy.

Menya byinshi kuri Minisitiri mushya w’Uburezi.

Abasoje amasomo mu Itorero indangamirwa ikiciro cya 14 bahawe impanuro na Minisitiri w'intebe

Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan yirukanye Minisitiri w'ubuzima



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-09-23 12:41:20 CAT
Yasuwe: 94


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Minisitiri-DrUtumatwishima--yahaswe-ibibazo-nabihebeye-Big--Energy.php