Malawi:Visi Perezida n'abandi bantu 9 barikumwe bapfiriye mu mpanuka y'indege
Perezida wa Malawi Lazarus Chakwera yavuze ko Visi Perezida Saulos Chilima n'abagenzi bose bari bari kumwe mu ndege ya gisirikare yari yabuze kuva ku wa mbere "bapfuye ikikubita hasi".
Yavuze ko ibisigazwa by'iyo ndege byasanzwe hafi y'umusozi "byashwanyaguritse burundu", nta warokotse.
Visi Perezida Saulos Chilima n'abandi bantu icyenda bari bari mu ndege mu gitondo cyo ku wa mbere, ubwo iyo ndege yaburaga kuri za radari zo ku kibuga cy'indege.
Iyo ndege ya gisirikare yari irimo kugenda mu kirere kibi nkuko amakuru aturuka muri icyo gihugu abivuga.
Abasirikare bari bakomeje gushakisha mu ishyamba rya Chikangawa ngo barebe ko bagera kuri iyo ndege ariko basanze nta muntu numwe wabashije kurokoka iyo mpanuka.
Perezida wa Malawi Lazarus Chakwera yari yavuze ko gushakisha kugomba gukomeza kugeza iyo ndege ibonetse,ku mugoroba wo ku wa mbere yabwiye Abanya-Malawi ati"Ndabizi ko twese twahiye ubwoba kandi ko duhangayitse, nanjye ndahangayitse.
Ariko ishyaka UTM (United Transformation Movement) rya Dr Chilima ryavuze ko bababajwe n'igikorwa cyo gushakisha iyo ndege kuko byakozwe bitinze ugeranije n'igihe bamenyeye amakuru.
Abategetsi bo mu ishyaka UTM bavuze ko gushakisha iyo ndege byatangiye saa cyenda z'amanywa (15:00) zo ku wa mbere kandi indege yaburiwe irengero saa yine za mu gitondo (10:00).
Visi Perezida na Perezida baturuka mu mashyaka atandukanye ariko bombi bishyize hamwe bashyiraho ihuriro mu matora yo mu 2020.
Chilima, w'imyaka 51, yari ari mu nzira agiye guhagararira leta mu muhango wo gushyingura uwahoze ari Minisitiri Ralph Kasambara, wapfuye mu minsi ine ishize.
Shanil Dzimbiri, umugore w'uwahoze ari Perezida, na we yari ari muri iyo ndege, yahagurukiye mu murwa mukuru Lilongwe mu gitondo cyo ku wa mbere.
Yari yitezwe kugwa ku kibuga cy'indege cyo mu mujyi wa Mzuzu mu majyaruguru y'igihugu, ariko isubizwa inyuma kuko ikirere kitagaragaraga neza.
Perezida Chakwera yari yatangaje ko yavuganye na za leta z'ibihugu bitandukanye, birimo Amerika, Ubwongereza, Norvège na Israel, byose byemeye ubufasha "mu nzego zitandukanye" bwo kugira ngo iyo ndege iboneke.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show