English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Kigali: Abanyeshuri 20 bacikirije amasomo basoje amahugurwa mu gutunganya ibikomoka ku ifarini. 

Kuri uyu wa kane tariki ya 6 Kamena mu mujyi wa Kigali abanyeshuri bahuguwe na Red velvet cake Ltd  nyuma y’amezi atandatu basoje amahugurwa yo gukora ibikomoka ku ifarini harimo imigati, cake ndetse n’ibindi. 

Abitabiriye aya mahugurwa biganjemo abacikirije amashuri kubwo kubura ubushobozi bwo gukomeza kaminuza ndetse n’abandi  basoje amashuri yabo ariko bakamara n’ibura imyaka igera kuri 2 nta kazi bavuga ko aya mahugurwa azabagirira akamaro mu buzima bwabo kuko bahawe ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo. 

Abikanani Shalon umwe muri aba banyeshuri basoje aya mahugurwa yatangarije ijambo.net ko nyuma yo kurangiza amashuri ye yisumbuye akabura ubushobozi bwo gukomeza kaminuza, yanejejwe no kubona amahirwe yo guhugurwa umwuga ahamya ko uzamugirira akamaro. 

Ati” Nkimara gusoza amashuri yisumbuye mubijyanye n’imibare ubukungu n’ubumenyi bw’isi nisanze nta bushobozi bwo gukomeza amashuuri ubwo ntakundi byari kugenda uretse gutegereza ubushake bw’imana ntayandi mahitamo narimfiite. Ariko nyuma naje kumenya amakuru ko hari amahugurwa yo gukora ibikomoka ku ifarinii nk’imigati, cake, amandazi ndetse n’ibindi muri rusange bikenera ifarini numvise ari amahirwe akomeye mbonye, mpita nyitabira.” 

Shalon akomeza avuga ko kubera ubumenyi bahawe ntagushidikanya ko buzatanga umusaruro

Ati “ kugeza ubu buri wese witabiriye aya mahugurwa afite ubumenyi bwo gukora ibikomoka ku ifarini kandi adakeneye imashini zibimufasha, ibi bishimangira uburyo tugiye kubyaza umusaruro ubu bumenyi hadakenewe ubushobozi burenze bwo kugura imashini zihenze.” 

Tuyishimire Evelyne umugenzuzi w’uburezi mu murenge wa Muhima witabiriye umuhango wo gusoza aya mahugurwa yatangaje ko  hakenewe ibikorwa nkibi  byo guhugura urubyiruko imyuga kuko bitanga umusaruro. 

Ati “ Turashimira Red velvet cake Ltd yahuguye uru rubyiruko kandi turizera ko impamba y’ubumenyi bahawe bazayibyaza umusaruro kandi mboneraho no gusaba urubyiruko gukunda imyuga ndetse nabo bishobokera bagakomeze gutanga umusanzu wabo mugutuma urubyiruko rw’uRwanda rugira ubushobozi bwo guhanga imirimo.” 

Yvan Patrick Umuyobozi wa Red velvet cake Ltd yavuze ko  aya mahugurwa yabayeho kubufatanye na RTB( Rwanda TVET Board ) ariko  KO batazahwema gukorana n’abandi bafite gahunda yo gufasha urubyiruko.

Ati” iki ni icyiciro cyambere dufashe kandi tuzakomeza gukorana na RTB mu gufasha urubyiruko guhugurwa no kwihangira imirimo. Abanyeshurii bahawe ubumenyi kandi nyuma yaha twabasezeranyije ko  hari imishinga yabo imwe n’imwe izafashwa bityo bikabafasha gutera imbere.”

Aya mahugurwa yatangijwe ku itariki ya 15 ukwezi kwa 12 muri 2023 yitabiriwe n’abakobwa  11 ndetse n’abahungu 9 bose hamwe bakaba 20.

 

Abakobwa 11 n'abahungu 9 nibo bitabiriye aya mahugurwa barayasoza 

Yvan Patrick umuyobozi wa Red velvet cake Ltd avuga ko bazakomeza fatanya na RTB mu kwita kurubyiruko 

Tuyishimire Evelyne ushinzwe ubugenzuzi bw'uburezi mu murenge wa Muhima ahamya ko iki ari igikorwa cyiza

Byari ibyishimo bidasanzwe kubasoje amahugurwa

Abikanani Shalon avuga ko yiteguye kubyaza umusaruro ubumenyi yahawe

Ibyishimo byari byose ku babyeyi 



Izindi nkuru wasoma

Mu gihe uzaba wumva ko ukuze! Dore amasomo arindwi uzahuranayo mu buzima bwawe.

Kigali: Ubusambanyi ku karubanda, urugomo n’ibindi ni byo bibera ahazwi nko ku Isi ya 9.

Abapolisi 102 b’u Rwanda na 120 ba Sudani y'Epfo basoje amahugurwa mu Rwanda.

Menya uko ibiciro bishya by'ibikomoka kuri peteroli bihagaze ku isoko ry’u Rwanda.

DRC: Imyigaragambyo y’abanyeshuri yatumye abarezi bibutswa inshingano zabo.



Author: Emmanuel Ndayambaje Published: 2024-06-06 07:26:14 CAT
Yasuwe: 152


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Kigali-Abanyeshuri-20-bacikirije-amasomo-basoje-amahugurwa-mu-gutunganya-ibikomoka-ku-ifarini-.php