English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ibiro by’Umukuru w’igihugu cya Tchad byatatswe n’abitwaje intwaro 19 bahasiga ubuzima.

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 8 Mutarama 2025, abitwaje intwaro bagabye igitero ku biro by’Umukuru w’igihugu i N’Djamena habaho kurasana n’abaharinda.

Amakuru akavuga ko mu bateye 18 bahaguye ndetse n’umusirikare umwe w’igihugu ahasiga ubuzima.

Umwe mu batuye aho mu murwa mukuru wa Tchad, N’Djamena, yabwiye BBC ko urusaku rw’amasasu rwari rucyumvikana mu ma saa tatu n’igice z’ijoro, gusa ubuyobozi bukaba bwatangaje ko ubu hagarutse ituze.

Iby’icyo gitero byanemejwe n’umuvugizi wa Guverinoma akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Tchad, Abderaman Koulamallah, ndetse abateye bikavugwa ko bari Abakomando 24, bikekwa ko ari abo mu mutwe w’iterabwoba wa Boko Haram.



Izindi nkuru wasoma

Imitwe 3 yitwaje intwaro yishyize hamwe ngo ikureho ubutegetsi bw'u Burundi.

Perezida Kagame: ‘Ntakuzuyaza, nakwerekeza intwaro ku bibazo bihungabanya u Rwanda.’

Goma mu maboko ya M23: Imipaka yongeye gufungurwa, Abanyarwanda bataha bishimira ubuzima.

Umwuka mubi ku mupaka: FARDC yarashe ibisasu mu Rwanda, abaturage5 bahasiga ubuzima.

Nyabugogo: Abacuruzi babuze aho bakorera nyuma yo gusenyerwa, impungenge n'icyizere cy’ubuzima.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-01-09 09:19:40 CAT
Yasuwe: 77


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Ibiro-byUmukuru-wigihugu-cya-Tchad-byatatswe-nabitwaje-intwaro-19-bahasiga-ubuzima.php