English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ibiro by’Umukuru w’igihugu cya Tchad byatatswe n’abitwaje intwaro 19 bahasiga ubuzima.

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 8 Mutarama 2025, abitwaje intwaro bagabye igitero ku biro by’Umukuru w’igihugu i N’Djamena habaho kurasana n’abaharinda.

Amakuru akavuga ko mu bateye 18 bahaguye ndetse n’umusirikare umwe w’igihugu ahasiga ubuzima.

Umwe mu batuye aho mu murwa mukuru wa Tchad, N’Djamena, yabwiye BBC ko urusaku rw’amasasu rwari rucyumvikana mu ma saa tatu n’igice z’ijoro, gusa ubuyobozi bukaba bwatangaje ko ubu hagarutse ituze.

Iby’icyo gitero byanemejwe n’umuvugizi wa Guverinoma akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Tchad, Abderaman Koulamallah, ndetse abateye bikavugwa ko bari Abakomando 24, bikekwa ko ari abo mu mutwe w’iterabwoba wa Boko Haram.



Izindi nkuru wasoma

Sudani y’Epfo na Tchad byamaganye iterabwoba ry’umujenerali wa Sudani

Rubavu: Abaturage baratakambira ubuyobozi kubera ibiro by’Akagari bituma bahora bajarajara

Kufunga Mukanda no Gukora Cyane: Perezida Kagame yatanze umurongo w’ubukungu bw’Igihugu

Menya ibihano Canada yafatiye u Rwanda n’ingaruka ku bukungu bw’Igihugu.

Imitwe 3 yitwaje intwaro yishyize hamwe ngo ikureho ubutegetsi bw'u Burundi.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-01-09 09:19:40 CAT
Yasuwe: 95


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Ibiro-byUmukuru-wigihugu-cya-Tchad-byatatswe-nabitwaje-intwaro-19-bahasiga-ubuzima.php