Rubavu: Abaturage baratakambira ubuyobozi kubera ibiro by’Akagari bituma bahora bajarajara
Abaturage bo mu Kagari ka Kinigi, mu Murenge wa Nyamyumba, Akarere ka Rubavu, baravuga ko barambiwe kuba badafite ibiro by’Akagari bihoraho, bigatuma ubuyobozi buhora buhindura aho bukorera. Ibi bituma bamwe bajya gushaka serivisi aho basanzwe bazi ko Akagari gakorera, bagasanga bwarimutse.
Ibiro bidahoraho bibangamiye serivisi
Bamwe mu baturage bavuga ko iki kibazo kimaze igihe kinini, ariko nta gisubizo kirafatwa. Bizimana yagize ati: “Inaha nta Kagari kabaho. Ni uguhora kimuka kuko kuva cyera, n’aho kabaga barahasenye, kandi naho byari ugukodesha.”
Ingabire Maria na we yemeza ko aka Kagari kadakunze kugira ibiro bihoraho, ati: “Gahora kimuka rwose, nta cyicaro kigira kandi kamaze imyaka myinshi nta gihe kigeze kubaho na rimwe.”
Ibi bibangamira cyane abaturage, kuko hari ubwo bagira inama bakayikorera hanze, imvura yagwa bakabura aho bahungira.
Sibomana Balthazar ati: “Nk’igihe cy’inama ni ukwicara hanze, imvura yagwa tukabura aho twerekeza. Hari n’ubwo umuntu aza gushaka serivisi agasanga Akagari karimutse.”
Ubuyobozi buvuga ko ikibazo kizakemuka
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, avuga ko iki kibazo kizwi kandi ko abaturage ba Kinigi bazubakirwa ibiro by’Akagari igihe ubushobozi buzaboneka.
Ati: “Na bo bafite uburenganzira nk’abandi. Mu gihe tutarabubakira, bakodesherezwa ibiro. Gusa nabizeza ko na bo bari mu bazubakirwa, ariko tukabanza kureba ubushobozi bwacu n’uruhare rw’abaturage.”
Yongeraho ko atari Akagari ka Kinigi konyine gafite iki kibazo, kuko hari n’utundi tugari tudafite ibiro byihariye.
Abaturage barasaba ko iki kibazo cyakwihutishwa, kuko bagorwa no kubona serivisi z’ubuyobozi. Ku rundi ruhande, ubuyobozi bw’Akarere busaba abaturage kugira uruhare mu gushaka umuti urambye.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show