Huye: Ishyaka DGPR ryasobanuye iherezo ry’umutwaro w’imisoro ku bacuruzi
Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije (Green party) kuri iki cyumweru tariki ya 30 Kamena ryakomereje mu karere ka Huye mu murenge wa Mukura ibikorwa byo kwiyamamaza ku myanya inyuranye umukandida Perezida Dr.Frank Habineza ashimangira ko ikibazo cy’imisoro mu Rwanda cyavugutiwe umuti abasaba gutora abakandida b’ishyaka DGPR
Imbere y’inyubako ikoreramo ubucuruzi yitwa Rango Modern Market mu mujyi wa Huye niho ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije ryakiriwe n’imbaga y’abaturage b’akarere ka Huye baturutse mu bice bitandukanye biganjemo abakorera imirimo y’ubucuruzi muri iyo nyubako ndetse n’amaduka banyurwa cyane n’umuhigo wo kuzagabanyirizwa imisoro doreko bavuga ko kugeza ubu ariyo mpamvu benshi batinya gushora mu bucuruzi abandi bagafunga imiryango.
Byukusenge Jean Baptitse umwe mu bakora umurimo w’ubucuruzi muri iri soko agaruka ku ngorane bahura nazo mu bucuruzi bwabo avuga ko bashimira kuba barahawe isoko bakoreramo gusa ariko ahamya ko imisoro iri hejuru ari imwe mu ngorane bagihura nazo.
Yagize ati” Ntabwo nzi impamvu imiryango imwe n’imwe y’irisoko itarimo abayikoreramo gusa ariko njye mbona ari ukubera ko umuryango wo gukoreramo uhenze cyane kandi wareba gushora amafaranga menshi wishyura inzu n’ibyo ucuruzamo nabyo ukabisorera mbese usanga ari amafaranga menshi cyane pe”
Mu mugihe igikorwa cyo kwiyamamaza cyari kirimbanyije hari abagiye bagaragara bafite bimwe mu bicuruzwa bavuga ko basanzwe bacururiza mu muhanda n’ubwo ubuyobozi budasiba kubashishikariza kwirinda gukorera mu muhanda bakagana inyubako z’ubucuruzi gusa ariko bo bakavuga ko kwigondera aho bakorera bijyana n’ibisabwa umucuruzi harimo imisoro bitoroshye
Kuri iyi ngongo Perezida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije Dr.Frank Habineza yavuze ko nta munyarwanda uzongera kugorwa n’imisoro kuko cyamaze kuvugutirwa umuti
Ati” Murabizi muri iki gihe umusoro ni ikibazo ku baturage kibangamiye iterambere ry’umuturage kuko abenshi batinya umusoro kuko uremereye. Iki kibazo cy’umusoro tuzagishyiraho iherezo binyuze mu kuwugabanya cyane duhereye ku musoro nyongeragaciro TVA abacuruzi batere imbere abandi basubitse ibikorwa byabo babisubukure ahubwo Leta ikungukira mu bwinshi bw’ibicuruzwa kuruta kugora bake bakora.”
Ikibazo cy’umusoro uri hejuru ni ikibazo abakora imirimo inyuranye mu gihugu bahura nacyo kuko abenshi bahuriza kugutinya ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro ariho Dr.Frank Habineza ahera asaba abaturage ku girira icyizere ishyaka DGPR kugirango imigabo n’imigambi bafite bazabishyire mu bikorwa nyuma y’amatora ateganijwe ku itariki ya 14 na 15 Nyakanga ku banyarwanda baba mu mahanga ndetse n’ababa mu gihugu.
Dr.Frank Habineza yavuze ko ikibazo cy'imisoro cyavugutiwe umuti asaba gutora DGPR
Abacuruzi bakorera mu nyubako ya Rango modern market n'abandi baje ari benshi banyurwa n'ingingo y'imisoro
Hari abavuga ko kwigondera aho gukorera n'imisoro atari ibya buriwese bakagana iyumuhanda
Dr.Frank Habineza yasuhuje abacuruzi abizeza gukizwa ikibazo cy'imisoro
Isezerano ryo kugabanya imisoro ryasigaye mu matelefoni yabo
Byukusenge Jean Baptitse umucuruzi ahamya ko imisoro ikwiye kwitabwaho ikagabanywa
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show