English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Dore icyihishe inyuma y'ubushyuhe buri kwica abantu n'inyamaswa hirya no hino ku isi

Muri iki gihe ibice byinshi by’isi byibasiwe n'ubushyuhe buri hejuru y’ubusanzwe, abahanga mu bumenyi bw'ikirere bakavuga ko ibi ahanini biterwa n'ubushyuhe bukabije bw'umubumbe w'isi buterwa n'ihindagurika ry'ikirere.

Mu gihe hari uduce tumwe na tumwe duhura n'ubukonje bukabije, uturere twinshi cyane hirya no hino ku isi turimo kwibasirwa n'ubushyuhe bwinshi bufatwa nk'ubudasanzwe. 

Ubushyuhe bukabije  bwahitanye 30.000 Uburayi muri 2003  ariko ubushyuhe nk'ubwo mu gihe kirekire bushobora kandi kwongerera ibyago byo gukongeza imiriro y'agasozi yanatangiye kuboneka mu bice bimwe na bimwe bya leta ya California muri Amerika.

Ibice byinshi by'isi birimo Amerika ya ruguru, Amajyepfo n’Uburasirazuba bwa Aziya ndetse n’Amajyepfo y’Uburasirazuba bw’Uburayi birimo guhura n’ubushyuhe bukabije.

Abashinzwe iteganyabihe muri Leta zunze ubumwe za Amerika bavuga ko ibipimo by'ubushyuhe bishobora kurenga 38C (100F) mu gice cya kabiri cy'iki cyumweru.

Mu gihe igice kinini cy'umugabane wa Amerika ya ruguru gihanganye n'ubushyuhe budasanzwe, Mexique n'amajyepfo ya Texas byibasiwe n'imiyaga ikomeye ya serwakira.

Abantu batatu bapfiriye ku nkombe y'inyanja ikora kuri Mexique mu gihe ikigo cy’igihugu gikurikiranira hafi imiyaga ya serwakira muri Amerika cyaburiye abantu ko imyuzure n’inkangu bishobora guhitana abantu mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Mexique no mu majyepfo ya Texas.

Mu majyaruguru y'Ubuhinde hagiye kumara icyumweru cyose hari ubushyuhe bukabije buri ku gipimo cya 44-45C (113F).

Ubu bushyuhe bukabije bumaze igihe bwatumye hakoreshwa umuriro w'amashanyarazi mwinshi cyane kubera ko byabaye ngombwa ko Abahinde bakoresha cyane imashini zikonjesha inzu maze bituma haba ibura ry'umuriro rya hato na hato ku wa mbere i Delhi. Byagize kandi ingaruka mbi ku iboneka ry'amazi meza muri uwo mujyi.

Abantu babarirwa muri mirongo bapfuye bazize ubushyuhe bukabije kuva impeshyi y’Ubuhinde yatangira mu kwezi kwa gatatu ku buryo hapfuye 50 mu gihe cy’iminsi itatu mu ntangiriro z'uku kwezi muri leta za Uttar Pradesh na Odisha.



Izindi nkuru wasoma

Goma: Abantu 70 bivugwa ko bakora ubugizi bwa nabi batawe muri yombi

William Ruto yatangaje ko yisubuyeho kubera imyigaragambyo imaze kugwamo abantu 23

Kirehe “Litiro 100 z’amazi y’ubuntu kuri buri rugo buri munsi “Dr. Frank Habineza

Ngororero:Abantu barenga ibihumbi 100 nibo bakiriye Paul Kagame

DRC:Hafashwe abantu 10 bambaye nka Adam na Eva basambanira mu kivunge



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-06-21 12:59:05 CAT
Yasuwe: 90


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Dore-icyihishe-inyuma-yubushyuhe-buri-kwica-abantu-ninyamaswa-hirya-no-hino-ku-isi.php