English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

DRC:Muri gereza ya Butembo hamaze gupfira imfungwa 56

Kuva muri Mutarama uyu mwaka, muri gereza ya Kakwangura iherereye mu mujyi wa Butembo,Intara ya Kivu y'Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo hamaze gupfira imfungwa 56.

Umushakashatsi akaba n'umunyamategeko Me Sekera Kasereka, yasobanuye ko izi mfu ziterwa no kuba iyi gereza ifungiwemo imfungwa nyinshi kandi umubare ukaba ukomeje kwiyongera buri munsi.

Uyu munyamategeko akomeza avuga  ko ubushinjacyaha bw'igisirikare cya DRC bufite uruhare runini mu kongera ubucucike muri iyi gereza ,kuko abenshi bafungiyemo ari bwo bwabohereje butitaye ku biteganywa n'amategeko.

Umudepite uhagarariye Butembo mu Nteko Ishinga Amategeko yo ku rwego rw'Intara, Bienvenu Lutshumbi, aherutse kwandikira Minisitiri w'Ubutabera, Constant Mutamba ,amusaba gufata ingamba zatuma ubucucike muri iyi gereza bugabanuka.

Uyu mudepite yasabye ko hakubakwa izindi nyubako za gereza zigezweho bigendaye n'ikibazo cy'ubucucike n'umutekano muke byugarije iyo gereza.

Gereza ya Kakwangura ifite ubushobozi bwo kwakira imfungwa 180, ariko ubu irimo 1341.

 



Izindi nkuru wasoma

DRC: Perezida Tshisekedi kera kabaye avuze ikihishe inyuma y’imfungwa zapfiriye muri Makala.

Urugo ni Gereza – Amagambo ya 50 Cent wanze gushaka umugore.

DRC: Imfungwa 129 zimaze gupfira muri gereza ya Makala

DRC:Muri gereza ya Butembo hamaze gupfira imfungwa 56

Gen Muhoozi aratabariza Umudepite uri muri gereza wazize kuba amushigikiye



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-08-20 12:48:47 CAT
Yasuwe: 42


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/DRCMuri-gereza-ya-Butembo-hamaze-gupfira-imfungwa-56.php