English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Azanye ibimenyetso simusiga: Munyakazi Sadate ahishuye uruhare rwe muri Rayon Sports

Umunyamategeko akaba n’umwe mu bayobozi bakunzwe mu mateka ya Rayon Sports, Munyakazi Sadate, yagaragaje ibimenyetso byerekana ko atanga umusanzu mu itsinda rya Special Supporting Team nyuma y’uko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, amushinje kudatanga inkunga nubwo aririmo.

Umunyamategeko akaba n’umwe mu bayobozi bakunzwe mu mateka ya Rayon Sports, Munyakazi Sadate

Ibi bije nyuma y’aho Sadate atangaje ko yifuza kugura ikipe ya Rayon Sports akayegukana ayitanzeho miliyari 5 Frw, ndetse akavuga ko afite n’indi mishinga y’iterambere irimo kugura indege n’amamodoka agezweho.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, Perezida wa Rayon Sports Twagirayezu yagize ati: “Dufite itsinda ryitwa Special Supporting Team ifasha Rayon Sports nk’ikipe y’abafana, buri mukino dutanga kuva ku bihumbi 50 kugeza ku 100 kugira ngo tubashe kubona iby’ibanze. Iryo tsinda nubwo Sadate aririmo nta musanzu atanga.”

Gusa kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 4 Mata 2025, Munyakazi Sadate yahakanye ayo makuru, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, aho yasohoye screenshots z’ubutumwa bwa Mobile Money yohereje, avuga ko atanga umusanzu unarenze ayo Twagirayezu yavuze.

Mu magambo ye, Sadate yagize ati: “Ikinyoma kiririrwa ariko ntikirara, uretse ko mutanga hagati ya 50 – 100K, njyewe njya ndenza ayo mafaranga kuko hari igihe natangaga na 300K! Fungura ubutumwa bwa MoMo urabona ukuri.”

Yakomeje agira ati: “Ntabwo nzongera kwemera ko munyangisha abantu cyangwa ngo ntege amatama ngo muhonde kubera ibinyoma byanyu… Uzana ikinyoma nzana ikimenyetso.”

Iyi mvururu hagati y’impande zombi ikomeje kuvugisha benshi mu bakunzi ba Rayon Sports, cyane ko bishingiye ku cyifuzo cyatanzwe na Sadate cyo kugura ikipe no kuyihindura ku buryo bugezweho. Abafana bamwe batangaje ko hakwiye kurebwa kure aho kugendera ku bwumvikane buke hagati y’abantu ku giti cyabo.

Sadate yavuguruje Perezida wa Rayon Sports akoresheje ikimenyetso, aho yasohoye screenshots z’ubutumwa bwa Mobile Money, avuga ko atanga umusanzu uri hejuru cyane

Nsengimana Donatien



Izindi nkuru wasoma

Nyuma y’igihe arembeye muri Amerika, agiye gutungurana mu gitaramo gikomeye i Kampala

Igisa n’impinduramatwara muri UPDF: Gen Muhoozi atangiye guhiga bukware abasirikare b’ibisambo

Leta ya DRC yambuye M23 Uduce Umunani muri Kivu y’Amajyepfo: Uko urugamba rwagenze

Urumuri Rutazima Rwatsinze Umwijima – Musenyeri Kambanda ahumuriza abarokotse Jenoside

AU yirukanye intumwa ya Israel muri Ethiopia mu bikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi



Author: Nsengimana Donatien Published: 2025-04-04 18:28:54 CAT
Yasuwe: 53


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Azanye-ibimenyetso-simusiga-Munyakazi-Sadate-ahishuye-uruhare-rwe-muri-Rayon-Sports.php