English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ariane Grande ngo arifuza kubyara atararenza imyaka 30 y'amavuko Kandi ku muzika akazabyara abana batatu gusa.

Ariana Grande, umuhanzikazi akaba n'umukinnyi wa filime ukunzwe muri leta zunze ubumwe za Amerika watangiye kwamamara afite imyaka 15 muri 2008 ubwo yinjiraga mu muziki,ni umwe mubakora injyana ya Pop yatsindiye akazina ka kabyiniriro ka 'Princess of Pop' nyuma yo kugenda yigwizaho ibihembo byinshi birimo na Grammy Awards ebyiri.

Kugeza kuri ubu Ariana Grande umaze igihe adasohora ibihangano bishya kuva yarushinga, arifuza gutangira kubyara mbere y'uko yuzuza imyaka 30 y'amavuko.

Nk'uko byatangajwe na musaza wa Ariana Grande witwa Frankie Grande mu kiganiro yagiranye na US Magazine, yavuze ko mushiki we yifuza kuzaba umubyeyi nageza imyaka 30 y'amavuko.Mu magambo ye Frankie Grande yagize ati: "Ariana ni umuntu ukunda abana cyane kuva tukira bato.Akunda kutubwira ko azatangira kubyara mbere yuko agira imyaka 30 kuko nibyo yahoze yifuza''.

Uyu muhanzi kazi mu minsi yashize yigaruriye imitima ya benshi Kandi kugeza n'ubu arakunzwe yitezweho kugarukana imbaraga nyinshi namara kwibaruka akongera akigarurira ikibuga.

Mu busanzwe umuhanzikazi wafashe icyemezo cyo kubyara amara Igihe kitari gito yita ku mwana bituma bamwe bamukumbura



Izindi nkuru wasoma

Nyamasheke: Uko byagenze ngo umugabo w’imyaka 55 asambanye umwana w’imyaka itatu.

Ubushakashatsi: 51% by'abana bari munsi y'imyaka 12 bakoze imibonano mpuzabitsina.

Padiri Grzegorz Dymek, w’imyaka 59 yishwe n’abajura bibasiye Kiliziya Gatolika.

Vuba na bwangu: Papa Francis w’imyaka 88 yajyanwe mu Bitaro i Roma.

Igikekwa kuri Rukwirangoga w’imyaka 50 wasazwe yateraguwe ibyuma bikamuviramo urupfu.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2022/05/12 05:42:28 CAT
Yasuwe: 592


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
ariane-grande-arifuza-kubyara-atararenza-imyaka-30.php