English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Kamonyi:Abantu 5 bakekwaho kwica umusore w’imyaka 24 batawe muri yombi

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi, yatangaje ko imaze gufata abantu batanu bakekwaho kwica umusore w’imyaka 24 y’amavuko wari utuye mu Murenge wa Nyarubaka, nyuma y’uko yishwe atewe ibyuma mu ijoro ryo ku wa 17 Kanama 2025 ubwo yari atashye.

Polisi yatangaje ko abafashwe ari abantu bakekwaho uruhare mu kwica uyu musore, kandi ko iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane andi makuru yose yagira aho ahurira n’urwo rupfu.

Polisi yasabye abaturage gutanga amakuru yose yunganira iperereza, kugira ngo abakoze icyaha bamenyekane kandi ubutabera butangwe ku buryo bwihuse, yibukije abaturage ko gukomeza kuba maso no gutanga amakuru ku gihe bishobora gufasha mu gukumira ibyaha nk’ibi no gukomeza ituze mu karere.

 



Izindi nkuru wasoma

Abofisiye bato 1029 bahawe amapeti, Brian Kagame n'umwe muri bo”

Ingabo z’u Rwanda muri MINUSCA zohereje impano y’ubumenyi ku banyeshuri ba Lycée Buganda

ITANGAZO RYA CYAMUNARA Y'UMUTUNGO UTIMUKANWA UHEREREREYE CYUVE MURI MUSANZE

ITANGAZO RYA CYAMUNARA Y'IMITUNGO UTIMUKANWA UHEREREYE BUGESHI MURI RUBAVU

ITANGAZO RYA CYAMUNARA Y'IMITUNGO UTIMUKANWA UHEREREYE BUGESHI MURI RUBAVU



Author: Elyse Niyonsenga Published: 2025-08-18 17:07:03 CAT
Yasuwe: 193


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/KamonyiAbantu-5-bakekwaho-kwica-umusore-wimyaka-24-batawe-muri-yombi.php