English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Yarekuwe nyuma yo kumara imyaka ine mu gihome azira gutuka Imana gusa ngo ubwoba ni bwose.

Mubarak Bala wo muri Nigeria, yafunguwe nyuma yo kumara imyaka ine muri gereza azira gutuka Imana ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook mu mwaka wa 2020, gusa ngo ubwoba ni bwose.

Kugeza ubu, ngo arimo kuba mu nzu y’ibanga, kuko abanyamategeko be bavuga ko ubuzima bwe buri mu kaga, bityo bikaba bigoye ko yasubira kuba muri sosiyete hamwe n’abaturanyi be uko byari bisanzwe.

Mubarak ubu ufite imyaka 40, mu gihe yari agejejwe imbere y’urukiko rwa Kano mu Mujyaruguru ya Nigeria, yaburanye yemera ibyaha byose 18 yashinjwaga, bimuviramo gufungwa iyo myaka ine muri gereza.

Nigeria ni igihugu kigendera cyane ku madini ndetse abo bigaragaye ko batutse idini yaba iya kiyisilamu cyangwa se iya gikirisitu, bashobora kwisanga bahabwa akato ndetse bagakorerwa ivangura.

Gutuka Imana ni icyaha mu mategeko ya kiyisilamu azwi nka ‘Sharia’, ayo akaba akorana n’amategeko atari ay’idini muri Leta 12 zo mu Majyaruguru ya Nigeria. Icyo kandi ni icyaha mu mategeko mpanabyaha ya Nigeria.



Izindi nkuru wasoma

U Bubiligi bwambariye urugamba muri Congo nyuma yo gutakarizwa icyizere n’u Rwanda

Marine Le Pen nta zitabira amatora ya Perezida nyuma yo guhamwa n’icyaha

Mukura VS yahagaritse umuvuduko wa Rayon Sports nyuma yo kuyisekurira i Kigali

Leta ni Umubyeyi! – Ubuhamya bw’abaturage bafashijwe na BDF nyuma yogusonerwa Miliyoni 50

Karongi yabonye umuyobozi mushya nyuma y’amezi 4 uwari Umuyobozi wako yeguye



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-01-08 12:50:09 CAT
Yasuwe: 95


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Yarekuwe-nyuma-yo-kumara-imyaka-ine-mu-gihome-azira-gutuka-Imana-gusa-ngo-ubwoba-ni-bwose.php