U Bubiligi bwambariye urugamba muri Congo nyuma yo gutakarizwa icyizere n’u Rwanda
U Bubiligi buravugwaho kohereza abasirikare n’intwaro ziremereye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho bivugwa ko bamwe muri bo batangiye kurwanya umutwe wa M23 bakoresheje indege zitagira abapilote (drones) mu gace ka Walikale.
Ibi bije nyuma y’uko u Rwanda rwaciye umubano na Bruxelles, rugaha Abadipolomate b’u Bubiligi amasaha 48 yo kuba bavuye ku butaka bwarwo. Ibyemezo by’u Rwanda byabaye nyuma y’uko u Bubiligi bwagize uruhare mu guhatira ibihugu bitandukanye guhagarika inkunga kuri Kigali, bukarushinja kugira uruhare mu bibazo by’umutekano biri muri Congo.
Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu, mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda ku wa 31 Werurwe 2025, yavuze ko iyi myitwarire y’u Bubiligi ari ikimwaro cyabwo nyuma yo gufatirwa ibyemezo n’u Rwanda. Yagaragaje ko iki gihugu cyakolonije u Rwanda cyashatse kwerekana ko kigifiteho ijambo, ariko kikaba cyararushijwe na Kigali mu gufata imyanzuro idakangwa n’iterabwoba ry’amahanga.
Yagize ati: “Igihugu bafata nk’aho gikennye kiri mu nzira y’amajyambere, kwereka umukoloni ko atari we kamara… hanyuma u Bubiligi ntibushirwe bugakomeza gushyashyariza u Rwanda ngo ibindi bihugu biruhagarikire inkunga, noneho u Rwanda rukabatanga ruti ‘duciye umubano’.”
Mutuyeyezu yanagarutse ku bisobanuro byatanzwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot, wagaragaje ko igihugu cye cyatunguwe n’icyemezo cy’u Rwanda cyo guca umubano kidaciye mu biganiro. Yavuze ko u Bubiligi bwakomeje kwishushanya nk’igihangange gifite ububasha ku Rwanda, u Burundi na Congo, ariko kuba Kigali yarafashe icyemezo cyo kwigenga bikaba byaratumye busigara bwugarijwe.
Ni muri urwo rwego Mutuyeyezu avuga ko u Bubiligi bwihutiye gutabara ubutegetsi bwa Kinshasa, bukohereza abasirikare muri Congo, bushaka kwereka M23 ko bwahagurutse. Ariko asanga iyo nzira idashobora gutuma Kigali ihindura umwanzuro wayo, kuko igifite ubushake bwo kwihagararaho no gukomeza politike y’ubwigenge bwuzuye.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show