English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umuhanzi ukomoka muri Nigeria, Ladipo Eso, umaze kwamamara ku rwego rw’isi ku izina rya LADIPOE yavuze ko indirimbo ye yitwa ‘Know you’ yakoranye na Simi yamutwaye imyaka itatu kugirango ijye hanze.

720

 

Uyu musore w’imyaka 30, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri aho yaje kumenyekanisha ibihangano bye bishya ndetse no gusabana n’abakunzi be mu Rwanda ndetse akanabataramira.

LADIPOE ubwo yari yakiriwe kuri KT Radio mu kiganiro Dunda show, yavuze ko mbere na mbere ibyo yishimira mu muziki we ari ukuba abarizwa mu nzu ifasha abahanzi yitwa Mavin Records yo muri Nigeria ikaba inayoborwa na Don Jazzy umwe mu bakomeye muri Afurika.

Muri 2017 nibwo uyu muhanzi yasinye amasezerano yo gutangira gufashwa n’iyi nzu ya Mavin Records, akibarizwamo kugeza uyu munsi.

Iyi nzu yanyuzemo abahanzi b’ibyamamare barimo Tiwa Savage, Wande Coal, Iyanya na Korede Bello.

Ladipoe yavuze ko kuba abarizwa mu nzu ifasha abahanzi yanyuzemo ibyamamare bitandukanye, ikaba kandi irimo abandi bahanzi b’abahanga bituma akora cyane kugira ngo ibihangano bye bibashe kugera kure no gukundwa.

Abajijwe ku cyo abahanzi nyarwanda bakwiye gukora kugira ngo na bo babashe kumenyekana nka we ku rwego mpuzamahanga, yavuze ko ibyinshi babizi na bo kandi babibwirwa kenshi bityo ko icyo bakeneye ari uguhozaho.

Ati: "Benshi mu bahanzi baza mu muziki bashaka guhita babona amafaranga bakagafata, oya ibyo si byo, umuziki usaba kwihangana."

Yakomeje agira ati: "Indirimbo yanjye yitwa ’Know You’ nakoranye na Simi, nayikoze muri 2017 ariko nyishyira hanze muri 2020, urumva ko byansabye kwihangana cyane. Rero niba hari umuhanzi uri kutwumva na we yakwihangana akazajya ashyira hanze indirimbo mu gihe yumva gikwiye."

LADIPOE yavuze ko ibyo bizarushaho gufasha abahanzi nyarwanda kugera ku nzozi zabo.

Yavuze kandi ko yiteguye gukorana n’umuhanzi w’umunyarwanda mu gihe bahuza ariko na none akaba afite ubushake bwo gukora.

LADIPOE yaherukaga mu Rwanda muri Kamena uyu mwaka mu gitaramo cya Kigali Chop Life cyari cyateguwe na sosiyete EmPawa Africa ya Mr Eazi.

 

Yanditswe na BWIZA Divine



Izindi nkuru wasoma

Umusaza w’imyaka 75 yemeye ko yasambanyije umwuzukuru we w’imyaka 10, avuga n’impamvu

Israel yasohoye itangazo rishobora guteza intambara nshya, nyuma y’igitero cyahitanye abantu 330

Rusizi: Byagenze bite ngo ingurube y’igipfizi ishinge imikaka umugore w’imyaka 37 y’amavuko?

Nyiri kigo Billion Traders FX Akaliza Sophie agiye gufungwa imyaka itanu, Menya impamvu

Mark Carney w’imyaka 59 watowe ku mwanya wa Ministiri w’Intebe wa Kanada ni mutu ki?



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2022-11-04 08:44:30 CAT
Yasuwe: 359


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umuhanzi-LADIPOE-yasohoye-indirimbo-Know-You-yantwaye-imyaka-itatu.php