English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Uganda:Umuhanzi Eddy Kenzo yagizwe umujyanama wa Perezida Museveni

Umuhanzi Eddy Kenzo yagizwe umujyanama wa Perezida Yoweli Kaguta Museveni mu bijyanye n'ubuhanzi n'ubugeni.

Aya makuru yemejwe anashimangirwa n'umugore we Phiona Nyamutoro ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 21 Kanama 2024 abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram.

Umugore wa Eddy Kenzo,Phiona Nyamutoro asanzwe ari Minisitiri w'Ingufu n'Amabuye y'Agaciro, yabaye uwa mbere mu bifurije umugabo we ishya n'ihirwe.

Yagize ati: “Ndakwishimiye Eddy Kenzo, kubw’umwanya  wahawe kandi wari ukwiriye, ntewe ishema nawe nkuko bihora, urakoze nyakubahwa Kaguta Museveni.”

Eddy Kenzo ahawe izi nshingano mu gihe yari asanzwe ari Perezida w'ishyirahamwe ry'abahanzi muri Uganda.

Perezida Museveni na Eddy Kenzo bigeze guhura baraganira mu 2006 ndetse bigeze no guhurira mu birori byateguwe na Phiona Nyamutoro byari bigamije gushimira abamufashije.



Izindi nkuru wasoma

DRC: Perezida Tshisekedi kera kabaye avuze ikihishe inyuma y’imfungwa zapfiriye muri Makala.

Perezida yatahanye akanyamuneza ubwo u Rwanda rwatsindaga Argentine

Uganda:Umuhanzi Eddy Kenzo yagizwe umujyanama wa Perezida Museveni

Nigera:Perezida Bola Tinubu yaguriwe indege nshya Abaturage bibarya ahantu

Perezida Kagame yashyizeho Abajyanama batandatu b'umujyi wa Kigali



Author: Elysee Niyonsenga Published: 2024-08-22 09:51:29 CAT
Yasuwe: 46


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/UgandaUmuhanzi-Eddy-Kenzo-yagizwe-umujyanama-wa-Perezida-Museveni.php