English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Uganda: Ikamyo yo mu Rwanda yarenze umuhanda yinjira mu nzu y’umuturage umwe arakomereka.

Mu Karere ka Rukiga mu Majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Uganda, ikamyo yo mu Rwanda yarenze umuhanda yinjira mu nzu yo guturamo n’amaduka atatu, ikomeretsa umuntu umwe.

Iyi mpanuka yabaye ku Cyumweru tariki 19 Mutarama 2025, ahagana saa 11:00 zo mu Rwanda, mu kagari ka Rwabahazi, mu muhanda Ntungamo- Kabale.

Iyi kamyo yo mu bwoko bwa Mercedes Benz Actros ifite ibirango RAG 876S/RL 6264, yavaga Ntungamo yerekeza i Kigali.

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda mu gace ka Kigezi, Elly Maate yabwiye Monitor ko “iyi kamyo yageze mu ikorosi ribi, uyitwaye ananirwa kuyigarura, irenga umuhanda, igonga amapoto, inzu n’amaduka atatu, ikomeretsa umwe mu bari bayarimo.”

Kugeza ubu ikamyo yabaye ifashwe na polisi ya Uganda mu gihe hagikorwa iperereza.



Izindi nkuru wasoma

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yamaganye imyanzuro ya EU.

Rubavu: Rwanda NGO Forum ije nk’umusemburo mu kurwanya Malariya, Igituntu na SIDA.

Ng’ubwo ubuhamya bw’abaturage bambuka umupaka wa Kamanyola uhuza u Rwanda na RDC.

Twibukiranye ibihe by’ingenzi byariranze Tour du Rwanda kuva ryatangira n’abaryegukanye.

Amb. Nduhungirehe yasezeye mugenzi we wa Ukraine, ku ruhare rwiza mu mubano n’u Rwanda.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-01-20 08:54:32 CAT
Yasuwe: 79


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Uganda-Ikamyo-yo-mu-Rwanda-yarenze-umuhanda-yinjira-mu-nzu-yumuturage-umwe-arakomereka.php