UEFA Europa League: Manchester United na Tottenham Hotspur zakomeje muri 1/8 biboroheye.
Ku mugoroba wo ku wa Kane, tariki ya 30 Mutarama 2025, habaye imikino y'umunsi wa nyuma mu matsinda ya UEFA Europa League, aho amakipe umunani yabonye itike yo gukina imikino ya 1/8 atabanje kunyura mu ijonjora rya kamarampaka.
Manchester United yatsinze FC Steaua București 2-0
Manchester United yakiniraga i Bucarest muri Romania, aho yahuye na FC Steaua București, buri kipe ishaka uko yakomeza idakinnye imikino ya kamarampaka.
Igice cya mbere cyarangiye ari 0-0, ariko Manchester United yagerageje uburyo bukomeye bw’igitego ubwo Kobbie Mainoo yateye ishoti rikomeye, umupira ugaca hejuru y’izamu.
Mu gice cya kabiri, Manchester United yakomeje gusatira cyane, maze ku munota wa 55, myugariro Diogo Dalot afungura amazamu ku mupira mwiza yari ahawe na Kobbie Mainoo.
United yakomeje kwihagararaho, maze ku munota wa 68, Mainoo yatsinze igitego cya kabiri, icyizere cya Steaua București cyo gukomeza kidakinnye kamarampaka gihita kiyoyoka.
Tottenham Hotspur na yo yitwaye neza imbere ya Elfsborg
Ikipe ya Tottenham Hotspur na yo yagaragaje ubukana bwinshi mu mukino wayihuje na Elfsborg, iyitsinda ibitego 3-0. Ibitego byinjijwe na Dane Scarlett na Oyindamola Ajayi binjiye mu kibuga basimbuye, ndetse na Mikey Moore w’imyaka 17, wabaye Umwongereza muto utsinze igitego mu marushanwa akomeye y’i Burayi.
Andi makipe yakomeje atanyuze muri kamarampaka
Usibye Manchester United na Tottenham, andi makipe yabonye itike yo gukina imikino ya 1/8 adaciye muri kamarampaka ni Lazio, Athletic Bilbao, Eintracht Frankfurt, Lyon, Olympiacos na Rangers.
Amakipe azakina imikino ya kamarampaka
Kuva ku mwanya wa cyenda kugeza ku wa 24, amakipe azakina imikino ya kamarampaka ari:
Bodo/Glimt, Anderlecht, FC Steaua București, Ajax, Real Sociedad, Galatasaray, AS Roma, Ferencvaros
Plzen, Fenerbahce, FC Porto, Royale Union SG, AZ Alkmaar, PAOK, Twente, Midtjylland
Aya makipe azahura hagati yayo, hanyuma atsinda akomeze muri 1/8. Tombola y’uburyo azahura irateganyijwe kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 31 Mutarama 2025.
Amakipe yasezerewe muri Europa League
Hari amakipe atashoboye gukomeza muri iri rushanwa, agahita asezererwa. Ayo ni:
Braga, Elfsborg, Hoffenheim, Besiktas, Maccabi Tel Aviv, Slavia Prague, Malmo FF, RFS, Ludogorets, Dynamo Kyiv, Nice na Qarabag.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show