English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Kayonza: Abakozi 3 b’Akarere batawe muri yombi bakekwaho kunyereza miliyoni 67Frw

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abakozi batatu b’Akarere ka Kayonza barimo na rwiyemezamirimo bakekwaho kunyereza umutungo wa Leta ungana na miliyoni 67Frw.

Mu batawe muri yombi harimo Mbasha David wari Umuyobozi w’imirimo rusange mu karere, Kayigire Anselme wari Umuyobozi ushinzwe Imari mu Karere na Nzaramyimana Emmanuel wari rwiyemezamirimo ufite Ikigo cy’Ubwubatsi yitwa E.T.G Ltd.

Hanatawe muri yombi kandi Sibomana Charles wari usanzwe ari umukozi ushinzwe ingengo y’imari mu Karere ka Kayonza.

Umuvugizi wa RIB, Murangira B. Thierry, yatangaje ko bariya bayobozi bakurikiranyweho icyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta mu gihe Nzaramyimana Emmanuel we akurikiranyweho icyaha cy’ubufatanyacyaha kuri iki cyaha.

Yabwiye ikinyamakuru Igihe ati: “Barakekwaho kuba barakoze iki cyaha mu bihe bitandukanye mu 2022. Iperereza ry’ibanze rigaragaza ko bishyuye ikigo kitari cyo arenga miliyoni 67 Frw ihagarariwe na Nzaramyimana Emmanuel wahise ayabikuza kandi ataramugenewe.’’

Abafashwe bafungiye kuri Station ya RIB ya Nyarugenge mu gihe dosiye yabo yoherejwe mu Bushinjacyaha ku wa 26 Werurwe 2025.



Izindi nkuru wasoma

Leta ni Umubyeyi! – Ubuhamya bw’abaturage bafashijwe na BDF nyuma yogusonerwa Miliyoni 50

Imirwano yafashe indi ntera: Uko umutekano wifashe muri Centre ya Walikale

Ubutaka bwimuriweho ibiro by’Akagari: Umuturage arashinja ubuyobozi kutamuha ibyangombwa

Uko abakozi bahunga abakoresha aho guhunga akazi

Sudani y’Epfo: Icyakurikiye nyuma y’itabwa muri yombi rya Riek Machar



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-03-27 09:56:22 CAT
Yasuwe: 25


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Kayonza-Abakozi-3-bAkarere-batawe-muri-yombi-bakekwaho-kunyereza-miliyoni-67Frw.php