English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

U Burundi buza ku mwanya wa Mbere , u Rwanda ruza ku wa 101 mu ibihugu byugarijwe n’inzara.

 Raporo yasohowe n’ikigo cya Global Hunger Index  ku wa Mbere tariki ya 13 Ukwakira, yashyize  igihugu cy’u Burundi ku mwanya wa mbere ku Isi mu bihugu byugarijwe n’inzara.

U Rwanda ruza ku mwanya wa 101 n’amanota 25.2, na rwo rukaba rubarirwa mu rwego rw’ibihugu bishonje cyane.

Igihugu cy’u abaurundi uyu mwanya kiwumazeho imyaka itatu yose kiyoboye uru rutonde rw’ibihugu byugarijwe n’inzara kurusha ibindi.

Ibihugu 6 mu byakoreweho ubushakashatsi ku isi byashyizwe mu gatebo kamwe mu kuba byugarijwe n’inzaraikabije.

Ibihugu bitandatu byugarijwe n’inzara ikabijeni;  u Burundi, Sudani y’Epfo, Somalia, Yemen, Tchad na Madagascar. Ibi byose biri mu gatebo kamwe

Raporo ya GHI 2024 igaragaza ko byibura abantu babarirwa muri miliyari 2 hirya no hino ku Isi bugarijwe n’inzara, ikagaragaza ibibazo birimo ihindagurika ry’ikirere ndetse n’intambara z’urudaca nka nyirabayazana yayo.

Raporo yagaragaje ko nibura abantu miliyoni 733 bahura n’inzara buri munsi kubera kubura icyo bashyira ku munwa, yaba icyo kurya cyangwa kunywa.

Raporo yasobanuye kandi ko ugereranyije n’umwaka ushize hari intambwe yatewe n’ibihugu bya Bangladesh, Mozambique, Nepal, Somalia na Togo; gusa hakaba hakiri inzitizi z’uko byakwigobotora inzara ya rukokoma inuma muri ibyo bihugu.

Iyi Raporo ya Global Hunger Index ya 2024 yibanze ku bihugu 127 ku Isi harimo n’u Rwanda aho rwaje ku mwanya 101.n’amanota 25.2, na rwo rukaba rubarirwa mu rwego rw’ibihugu bishonje cyane.

Donatien Nsengimana



Izindi nkuru wasoma

Menya imibare mishya igaragaza uko virusi ya Marburg ihagaze mu Rwanda.

Ishusho igaragaza uko imibare y’indwara ya Marburg ihagaze mu Rwanda.

Goma: Umubano udasanzwe urimo gushyirwaho hagati yabaturage n’abasirikare ukomeje kujya mbere.

MINISANTE yatangaje imibare mishya igaragaza uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda.

Bamporiki Edouard na CG (Rtd) Gasana bigeze kuba muri Guverinoma y’u Rwanda bahawe imbabazi.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-10-16 09:05:17 CAT
Yasuwe: 28


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/U-Burundi-buza-ku-mwanya-wa-Mbere--u-Rwanda-ruza-ku-wa-101-mu-ibihugu-byugarijwe-ninzara.php