English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Sudani y’Epfo mu mvururu za Politiki: Ese Intambara ya Gisivile igiye kwaduka?

Intambara yongeye kuba igikangisho muri Sudani y’Epfo nyuma y’uko umwuka wa politiki urushijeho kuba mubi hagati ya Perezida Salva Kiir na Visi-Perezida we, Riek Machar. Imvururu ziheruka kubera muri Leta ya Upper Nile, zasize impande zombi zihanganye, byatumye ibihugu by’amahanga, by’umwihariko Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bifata ingamba zo gukuramo abakozi babo.

Ni iki cyateje ubu bushyamirane bushya? Ese amasezerano ya 2018 yashyizeho Guverinoma ihuriweho yaba ageze mu marembera?

Ku wa Kabiri w’icyumweru gishize, inyeshyamba zishyigikiye Machar zarwanye n’Ingabo za Leta, bituma bamwe mu bayobozi bo ku ruhande rwa Visi-Perezida batabwa muri yombi. Nyuma y’iki gitero, Amerika yasabye abakozi bayo bakorera akazi katihutirwa kuva muri Sudani y’Epfo, ivuga ko imirwano ishobora gufata intera ndende.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, kajugujugu y’Umuryango w’Abibumbye (UN) yagabweho igitero, gihitana bamwe mu basirikare bakuru ba Sudani y’Epfo. Ku wa Gatandatu, Komisiyo ya UN ishinzwe Uburenganzira bwa Muntu yatangaje ko iki gihugu gishobora kwinjira mu bihe bikomeye bishobora gusenya iterambere ryari rimaze kugerwaho.

Sudani y’Epfo si yo yonyine ifite ikibazo cy’umutekano muke mu Karere. Iki gihugu gihuriye mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho intambara ihanganishije ingabo za Leta n’inyeshyamba za M23 imaze imyaka itatu itutumba. Ibi bituma hari impungenge ko akarere gashobora gukomeza kwinjira mu bihe bibi by’umutekano muke, bikagira ingaruka kuri politiki n’ubukungu bwaho.

Ese Sudani y’Epfo izabasha gusigasira ituze rya politiki, cyangwa se iri turufu rigiye gusandara, igihugu kigashyirwa mu kangaratete k’intambara ya gisivile?



Izindi nkuru wasoma

Kera kabaye Angola igiye kuyobora ibiganiro bya mbere hagati ya Leta ya DRC n’umutwe wa M23

Perezida Kagame na Banki y’Isi mu bufatanye bushya: Imishinga igiye guteza imbere u Rwanda

Sudani y’Epfo mu mvururu za Politiki: Ese Intambara ya Gisivile igiye kwaduka?

M23 na FCR bashimangiye intambara yo ‘Kubohora’ RDC: Ubusesenguzi ku ntambara mu Burasirazuba

Intambara yakomereje mu nkambi ya Mikenke: FARDC yagabye igitero si musiga ku Banyamulenge.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-03-10 10:08:47 CAT
Yasuwe: 38


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Sudani-yEpfo-mu-mvururu-za-Politiki-Ese-Intambara-ya-Gisivile-igiye-kwaduka.php