English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Intambara y’ubucuruzi: U Bushinwa bwafatiye icyemezo igihugu k’igihangange ku isi

Nyuma y’uko Perezida Donald Trump atangaje izamuka rikomeye ry’imisoro ku bicuruzwa by’u Bushinwa, Beijing yahise nayo igarura ayo makayi mu rwego rwo kurengera inyungu zayo.

Minisiteri y’Imari y’u Bushinwa yatangaje ko guhera ku wa 10 Mata 2025, hazatangira gukurikizwa inyongera nshya y’umusoro wa 34% ku bicuruzwa bituruka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Iyi nyongera ije ishyirwa hejuru y’indi yari isanzweho ya 67%, bikaba bisobanuye ko umusoro wose ugera kuri 101%.

Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’uko ku wa Gatatu w’iki cyumweru, Perezida Donald Trump yatangaje izamuka ry’umusoro ku bicuruzwa bituruka mu Bushinwa, uva kuri 20% ukagera kuri 54%, ibintu byateje impaka ndende mu rwego rw’ubucuruzi mpuzamahanga.

U Bushinwa bwatangaje ko icyo cyemezo bwagifashe “mu rwego rwo kurengera umutekano n’inyungu z’igihugu, no kubahiriza amahame mpuzamahanga y’ubucuruzi atarimo ubwikanyize cyangwa kugenera abandi ibiciro binyuranyije n’amategeko.”

Beijing yanatangaje ko yamaze no kwandikira Umuryango Mpuzamahanga w’Ubucuruzi (WTO), isaba ko ugira icyo ukora kuri ibi bikorwa bya Amerika, ivuga ko bigamije gusumbanya isoko ryo ku rwego rw’Isi.

Perezida Trump, abinyujije ku rubuga rwe Truth Social, yanenze iki cyemezo cy’u Bushinwa, avuga ko “byabuyobeye kandi ko bataye umutwe.”

Iyi ntambara y’ubucuruzi ikomeje gufata indi ntera hagati y’ibihugu byombi bikomeye ku isi, bikaba biteganyijwe ko izagira ingaruka ku masoko y’ubucuruzi, ibiciro ku isoko mpuzamahanga ndetse n’imibanire ya politiki.



Izindi nkuru wasoma

Trump yahagaritse imisoro ku Bihugu byinshi ariko ashyiraho igitutu gikomeye ku Bushinwa

Tubabajwe no kuba duturanye n’igihugu gicumbikiye abatwiciye muri Jenoside – Meya Mulindwa

Intambara y’ubucuruzi: U Bushinwa bwafatiye icyemezo igihugu k’igihangange ku isi

Umukobwa wo mu Bushinwa yatunguye benshi kubera kuba mu bwiherero bwo ku kazi

Perezida Kagame yeretse Tshisekedi ingingo nshya yarangiza intambara ya Congo



Author: Nsengimana Donatien Published: 2025-04-05 09:14:50 CAT
Yasuwe: 53


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Intambara-yubucuruzi-U-Bushinwa-bwafatiye-icyemezo-igihugu-kigihangange-ku-isi.php