Imiti ya Malariya y’Igikatu igiye kujya igezwa ku Bitaro hifashishijwe Drones
Mu rwego rwo guhangana n’izamuka ry’ubwandu bwa malariya, cyane cyane ubw’igikatu, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) cyatangije gahunda nshya y’ivugurura yo kugeza imiti y’iyo ndwara ku bitaro n’ibigo nderabuzima hifashishijwe indege zitagira abapilote (drones). Ni gahunda yatangiriye ku bitaro bya Gakoma mu Karere ka Gisagara ku wa 3 Mata 2025, aho imiti ya malariya y’igikatu yatangiye kuhagezwa mu buryo bwihuse na kompanyi ya Zipline.
Dr Jean Damascène Niyonzima, uyobora by’agateganyo porogaramu yo kurwanya malariya muri RBC, yavuze ko icyihutirwa cy’iyi miti gituma hari abashobora guhitanwa no gutinda kuyibona. Ati: “Urwaye malariya y’igikatu aba akeneye umuti ako kanya. Kuko inzira isanzwe iratinda, twahisemo kwifashisha ikoranabuhanga.”
Iyi gahunda izakomeza kugeragezwa mu turere twa Nyamasheke na Nyagatare, aho ubwandu bwa malariya nabwo buri kwiyongera, mbere yo kwagurirwa mu gihugu hose.
Pierre Kayitana uyobora Zipline, yavuze ko kuva batangira gukorera mu Rwanda mu 2016, ubu drones zabo zitwara amaraso, inkingo z’abantu n’amatungo, ndetse n’imiti idakenerwa kenshi irimo n’iyifashishwa iyo indi yananiwe.
Muri Gisagara, imibare y’abarwaye malariya yari yaragabanutse, ariko yongeye kwiyongera muri uyu mwaka wa 2024-2025 aho imaze kwibasira abantu basaga ibihumbi 106, igahitana batatu. Mu gihugu hose, imaze guhitana abantu 61.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara bwagaragaje ko imwe mu mpamvu zituma malariya yiyongera ari ukubura inzitiramubu, zisigaye zihenze ku isoko. “Twumvikanye na RBC ko hashakwa uko igiciro cyazo kigabanuka kigashyirwa nibura munsi y’ibihumbi bitanu,” nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’akarere.
RBC irasaba Abanyarwanda gukomeza kwirinda malariya no kwihutira kujya kwa muganga igihe bayiketseho, cyane ko malariya y’igikatu ivurwa igakira, nubwo ishobora gusiga ingaruka nk’indwara y’impyiko.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show