English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Sudan: Abaturage barenga 175 ni bo bamaze kumenyekana ko baguye mu bitero by’ibisasu.

Abaturage barenga 175 ni bo bamaze kumenyekana baguye mu bitero by’ibisasu byagabwe ku isoko ryo mu gace ka Kabkabiya gaherereye mu birometero 180 mu Majyaruguru ya Darfur, umutwe wa Rapid Support Forces ugashinjwa kugaba ibyo bitero.

Ibi bisasu byagabwe kuri iri soko, byahatewe mu gihe ryari ririmo abantu benshi, bituma bahita bahasiga ubuzima mu kanya gato.

Ikindi gitero cyagabwe ku modoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange, gihitana abari bayirimo bose uko ari 22. Aba kandi baje bakurikira abandi bantu 65 baguye mu gace ka Omdurman.

Muri rusange, intambara yongeye gukaza umurego muri iyi minsi cyane cyane ko imirwano hagati y’Ingabo za Leta, ziyobowe na General Abdel Fattah al-Burhan ndetse na Rapid Support Forces iyobowe na General Mohamed Hamdan uzwi nka Dagalo, yarushijeho gukara.

Kuva iyi ntambara yatangira muri Mata 2023, imaze guhitana abarenga ibihumbi 24 mu gihe abarenga miliyoni umunani bahunze, benshi bahungira imbere mu gihugu mu gihe abandi bahungiye hanze yacyo.



Izindi nkuru wasoma

Ukraine: Ibitero by’u Burusiya byahitanye abantu barindwi i Kyiv, abandi 22 barakomereka

RDF yegereye abaturage binyuze mu buvuzi: Abasaga 500 bitezweho kuvurwa i Kinihira

Abarimo Umugaba Mukuru w’Ingabo za Iran baguye mu gitero kidasazwe cyagabwe na Israel

Rubavu: Utu dusimba twigaruriye imyaka yacu-Uko abaturage baturiye Nyamyumba bari kubogoza

Abanya-Palestina bagera kuri 24 bapfiriye mu bitero bya Israeli



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-12-12 17:18:50 CAT
Yasuwe: 157


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Sudan-Abaturage-barenga-175-ni-bo-bamaze-kumenyekana-ko-baguye-mu-bitero-byibisasu.php