English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Central Africa:Ingabo z’u Rwanda zo muri batayo ya 59 zakoze igikorwa cyo gutanga maraso.

Ingabo z’u Rwanda zo muri batayo ya 59 ziri mu butmwa bw’Umuryango w’abibumbye (MONUSCA) muri  Central Africa zatangije ubukangurambaga bwo gutanga amaraso ku wa gatandutu tariki ya 25 Ugushyingo 2023.

 

Iki gikorwa cyabaye mu rwego rwo gufasha igihugu cya Central Africa  mu bukangurambaga bwayo bugira buti”tanga amaraso urokore ubuzima” binyuze mu bitaro by’Akarere ka Bossembele.

Biteganijwe ko muri ibibitaro by’Akarere ka Bossembele hazakusanywa ibice birenga 200 by’amaraso.

Dr Skeny Ngoumbana,uhagarariye igikorwa cyo gutanga amaraso muri ibi bitaro yashimiye ingabo z’u Rwanda  igikorwa zakoze cyo gutanga amaraso ,igikorwa cyiza cyo kurokora ubuzima bw’abantu kandi cyizagira uruhare runini mu rwego rw’ubuzima.

Umuyobozi w’ingabo z’u Rwanda  ziri mubutumwa bw’amahoro  Rwabat2 Lt Col PC Runyange yashimye iki gikorwa cyakozwe anashimira n’ubufatanye mu rwego rw’umutekano hagati yabo n’abaturage ba Santarafurika.

Batayo y’ingabo zirwanira ku butaka Rwabat2 ishinzwe kubungabunga umutekano mu gice cy’umuhanda uturuka mu murwa mukuru Bangui kugera I Beloko werekeza mu gihugu cya Cameroon nibo bakoze iki gikorwa.

 



Izindi nkuru wasoma

AFC/M23 yatangaje impamvu yanze kuva muri Walikare

Umubiri wa Jean Lambert Gatare wagejejwe mu Rwanda: Itangazamakuru ryabuze Intwari

Uko amakipe azahura Muri 1/2 cya UEFA Nations League

Qatar yishimiye ibyatangajwe n’u Rwanda na DRC ndetse na M23

DRC Gold Trading SA igiye gutanga igisubizo ku musaruro wa zahabu utubutse



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2023-11-26 17:44:18 CAT
Yasuwe: 184


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/SentrafurikaIngabo-zu-Rwanda-zo-muri-batayo-ya-59-zakoze-igikorwa-cyo-gutanga-maraso.php