Rwanda Forensic Institute igiye gufungura ishami i Rubavu
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ibimenyetso by’ubumenyi bukoreshwa mu butabera (Rwanda Forensic Institute – RFI) cyatangaje ko kigiye gufungura ishami mu Karere ka Rubavu, mu rwego rwo kwegereza abaturage serivisi z’ubutabera.
Ibi byatangarijwe mu bukangurambaga “Sobanukirwa RFI 2025” bwabereye i Rubavu ku wa 01 Ukwakira 2025, bugamije gusobanurira abayobozi n’abaturage serivisi zitangwa n’iki kigo kugira ngo zirusheho kumenyekana no kubageraho byoroshye.
Umuyobozi Mukuru wa RFI, Dr. Charles Karangwa, yavuze ko kwegereza abaturage serivisi ari intambwe ikomeye mu guharanira ubutabera bwizewe.
Yagize ati: “RFI yashyiriweho gufasha igihugu kugira ubushobozi bugezweho mu gukemura ibibazo by’ubutabera. Tugomba kwegera abaturage kugira ngo tubafashe kubona ubutabera bwihuse kandi bushingiye ku kuri.”
Kuva mu 2018 kugeza muri Kanama 2025, ikigo cya Rwanda Forensic Institute kimaze kwakira no gukemura imanza 96,989. Serivisi gitanga zirimo: ibizamini bya DNA, gusesengura ibiyobyabwenge n’imiti, gupima inkomere n’imibiri y’abitabye Imana ndetse no kugenzura ibimenyetso by’imbunda n’amasasu.
Meya w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yashimye iki gikorwa avuga ko ari igisubizo gikomeye ku baturage n’akarere muri rusange.
Yagize ati: “Rubavu ni Akarere gafite abaturage benshi kandi gaturiye umupaka uhuza u Rwanda na Congo. Kuba RFI igiye kuhafungura ishami bizatuma abaturage babona serivisi mu buryo bwihuse kandi bunoze, bityo bikomeze icyizere mu butabera kandi bifashe mu kurwanya ibyaha bikunze kugaragara hano.”
Uretse Rubavu, RFI irateganya gufungura andi mashami mu turere twa Nyagatare, Kirehe, Rwamagana, Huye, Rusizi (ahazaba amashami abiri, rimwe rikazaba i Gihundwe), Musanze, ndetse no ku bibuga by’indege birimo icya Kanombe na Bugesera.
Ibi bikorwa bigamije kunoza serivisi z’ubutabera hafi y’umuturage, kugira ngo buri wese abashe kubona ubutabera mu buryo bwihuse kandi bwizewe, atagombye gukora ingendo ndende cyangwa gutegereza igihe kirekire.
Nsengimana Donatien
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show