English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Rubavu:Abaturage ibihumbi 40 bari  mu bukene bukabije.

 

Umuyobozi wa gateganyo w ‘Akarere ka Rubavu    Nzabonimpa Deogratias  kuri uyu wa mbere tariki ya13 Ugushyingo 2023 yatangaje ko mu Karere ka Rubavu hakiri abaturage bakiri mu bukene bukabije bagera ku bihumbi 40.

 

Nzabonimpa  yavuze ko abo baturage harimo 600 bahabwa  inkunga y’ingoboka bageze mu zabukuru ariko abandi bakaba  bagishoboye gukora.

Yakomeje avuga ko  Akarere ka Rubavu ari kamwe mu turere dufite ibikorwa remezo byinshi  byubakwa akaba arinayo mpanvu abo baturage bakiri mu bukene bukabije bahabwa akazi muri iyo mirimo ya Leta iri gukorwa muri ako karere.

Imwe mu mishanga izaba uburyo bwiza bwo kuvana abo baturage mu bukene; ni ikiyaga cya Kivu kiri muri aka Karere aho abaturage bagomba kwibumbira mu ma koperetive Leta ikabashakira imitego igezweho ituma bivana mu bukene,gahunda ya Leta ya Gir’inka, ubuhinzi n’ubworozi ibyo akaba ari bimwe bizatuma abaturage biteza imbere.

 

Meya Nzabonimpa Deogratias yavuze ko mu gihe kingana n’imyaka 2 abaturage benshi bazaba barashoboye kwivana mu bukene,binyuze muri izo gahunda za Leta. anashimangira ko ibyo byose bitagerwaho mu gihe abaturage badafite gahunda yo kwizigama ku mafaranga baba bakoreye buri munsi.

Yavuze ko  ayo mafaranga agomba gukoreshwa ikindi kibyara andi mu gihe bitagenze bityo uba umeze nk’inzoka yiruma umurizo.

Ati”ntampamvu yo kubaho nk’umuntu uzapfa ejo nkayamvugo y’urubyiruko ivugango nta myaka ijana.ugomba guteganyiriza ejo hazaza kuko ibyo waba ufite byose udaharaniye ku byongera wasubira inyuma mu gihe gito”.

Akarere ka Rubavu ni kamwe mu turere dufite umuvuduko w’iterambere uri ku kigero cyo hejuru kubera ibikorwa biri kubakwa birimo icyambu mpuzamahanga cyiri kubakwa  mu murenge wa Nyamyumba, imihanda ndetse n’ibindi byinshi.

Aka karere kari ku buso bungana na  388.3 Km2 aho mu mwaka wa 2022 abaturage 1,614   aribo bari batuye ku kirometero kare kimwe mu gihe amashanyarazi ari ku kigero cya 95.8%.

 



Izindi nkuru wasoma

Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya abayobozi barimo n’uw’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB

Mugore! Kunyara nyuma yo gutera akabariro ni ingenzi, Menya impamvu

RIB yafunze abari gushakira inyungu ku bandi hakoreshejwe uburiganya

APR FC yanyomoje amakuru y'ubukene, Igira icyo isaba abafana bayo

Burundi: Abakinnyi barindwi bahanwe by’intangarugero bazira kugurisha imikino



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2023-11-13 12:06:49 CAT
Yasuwe: 297


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/RubavuAbaturage-ibihumbi-40-bari--mu-bukene-bukabije.php