Rubavu: Minisitiri Sebahizi yaburiye abashoramari mbere y’uko isoko rinini rifungurwa
Mu gihe isoko rishya rya Gisenyi rigeze ku rwego rwa 90% mu mirimo yo kuryubaka, Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, yatangaje ko hari ikintu kimwe cy’ingenzi gikunze kwirengagizwa n’abashoramari, ariko kigira uruhare runini mu gutsura ishoramari rirambye: imiyoborere inoze.
Ni mu nama yiswe Rubavu Investment Forum, yabaye ku wa Gatanu, tariki ya 20 Kamena 2025, yahuje abashoramari, abayobozi n’inzego z’ubucuruzi mu Mujyi wa Rubavu. Iyo nama yari igamije gushishikariza abashoramari gushora imari mu bice bitandukanye by’akarere, cyane cyane mu Mujyi wa Gisenyi ugaragaza imbaraga zidasanzwe mu bukerarugendo n’ubucuruzi.
Minisitiri Sebahizi yagize ati: “Ishoramari si ukurangiza kubaka inyubako nziza gusa. Iyo imiyoborere itanoze, byose bishobora gusenyuka mu kanya gato. Turasaba abashoramari, cyane cyane Rubavu Investment Company iri kubaka isoko rya Gisenyi, gutekereza hakiri kare ku buryo rizacungwa neza kandi rirambye.”
Yibukije ko henshi mu gihugu habayeho ibibazo by’imicungire mibi byaturutse ku bayobozi n’abanyamuryango badafite ubumenyi bukwiye ku micungire y’ibigo.
Minisitiri Sebahizi yakomeje asobanura agira ati “Hari aho usanga koperative cyangwa sosiyete y'abaturage yaragize amahirwe yo kubona ishoramari, ariko abayigize ntibamenye uko bikorwa buri munsi. Ibyo ni byo bibyara umwuka mubi, amakimbirane n’ihomba.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Bwana Prosper Mulindwa, yatangaje ko isoko rishya rizaba ryuzuye mu kwezi gutaha, rikazaba rifite ubushobozi bwo kwakira abacuruzi benshi.
Ati “Turateganya ko mu kwezi gutaha imirimo izaba yarangiye, ku buryo rizahita ritangira gukoreshwa. Ubu ibikorwa by’inyuma biri gusozwa.
Nsengimana Donatien |Ijambo.net
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show