English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Putin yanditse amateka i Alaska mu rugendo rwa mbere muri Amerika kuva intambara ya Ukraine yatangira

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, ku wa 15 Kanama 2025 yagiriye uruzinduko rw’amateka muri Leta ya Alaska muri Amerika. Ni bwo bwa mbere yari agiye mu gihugu cyo mu Burengerazuba kuva mu 2022 ubwo intambara yo muri Ukraine yatangiraga, ibintu byatumye igihugu cye kiba igicibwa ku rwego mpuzamahanga.

Urwo ruzinduko rwabereye ku kigo cya gisirikare Joint Base Elmendorf–Richardson giherereye i Anchorage. Putin yakiriwe mu buryo bw’icyubahiro, ibintu byafashwe nk’intsinzi mu isura ya dipolomasiyo ye, kuko byamugaruye mu biganiro by’isi nyuma y’imyaka itatu ari mu kato.

Putin na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, bagiranye ibiganiro byibanze ku rugamba rwo muri Ukraine. Putin yagaragaje ko afite ubushake bwo guhagarika intambara, ariko ashimangira ko ibyo Uburusiya busaba bigomba gusubizwa, cyane cyane ku bijyanye n’ibice by’Uburasirazuba bwa Ukraine.

Trump we yavuze ko intego ye atari ugushyiraho agahenge k’agateganyo, ahubwo ari ugushyiraho amasezerano arambye y’amahoro. Yongeyeho ko azakomeza kwegera Ukraine ndetse n’ibihugu by’i Burayi kugira ngo biganirwe uburyo bushoboka bwo kurangiza intambara.

Nta masezerano yemejwe yahise asinywa muri Alaska. Ariko impande zombi zavuze ko hari “intambwe nziza” yafashwe kandi ko ibiganiro bizakomeza. Putin yaburiye ibihugu by’i Burayi kutagerageza kudobya gahunda y’amahoro iyobowe na Amerika.

Inzobere mu by’ububanyi n’amahanga zavuze ko, nubwo nta mwanzuro uhamye wafashwe, Putin yabashije kugaragaza ko Uburusiya bugifite ijambo ku rwego mpuzamahanga. Ku ruhande rwa Trump, yerekanye ko ashaka kugaragara nk’umuhuza w’amahoro, ariko akomeje gusaba ko Ukraine n’u Burayi bagira uruhare mu biganiro byose bizakurikiraho.



Izindi nkuru wasoma

ITANGAZO RYA CYAMUNARA Y’UMUTUNGO UTIMUKANWA UHEREREYE KAMUBUGA MURI GAKENKE

Abofisiye bato 1029 bahawe amapeti, Brian Kagame n'umwe muri bo”

Ingabo z’u Rwanda muri MINUSCA zohereje impano y’ubumenyi ku banyeshuri ba Lycée Buganda

ITANGAZO RYA CYAMUNARA Y'UMUTUNGO UTIMUKANWA UHEREREREYE CYUVE MURI MUSANZE

ITANGAZO RYA CYAMUNARA Y'IMITUNGO UTIMUKANWA UHEREREYE BUGESHI MURI RUBAVU



Author: Elyse Niyonsenga Published: 2025-08-16 19:27:26 CAT
Yasuwe: 171


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Putin-yanditse-amateka-i-Alaska-mu-rugendo-rwa-mbere-muri-Amerika-kuva-intambara-ya-Ukraine-yatangira.php