English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Qatar yishimiye ibyatangajwe n’u Rwanda na DRC ndetse na M23

Igihugu cya Qatar cyatangaje ko cyishimiye ibyatangajwe n’u Rwanda na DRC ndetse na M23 ku guhagarika imirwano mu Burasirazuba bwa DRC. Qatar ivuga ko iyi ari intambwe ishimishije itewe mu gushakira amahoro arambye Akarere.

Qatar ishyigikiye ko impande zirebwa n’iki kibazo zakomeza inzira y’ibiganiro kuruta imirwano ihitana ubuzima bw’abaturage ikadindiza n’iterambere.

Intambwe iganisha ku bwumvikane no guhosha imirwano mu Burasirazuba bwa DRC ije ikurikira ibiganiro Abaperezida b’Ibihugu by’u Rwanda na DRC bahuriyemo i Doha muri Qatar tariki 18 Werurwe 2025, byari biyobowe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, biyemeza ko impande zose zihanganye zigiye guhagarika intambara kandi bidatinze.



Izindi nkuru wasoma

Minisitiri Thérèse Kayikwamba yasuye Perezida Ndayishimiye

Perezida Ndayishimiye yababajwe bikomeye n’ibyo Gen (Rtd) Kabarebe yamuvuzeho

Umubiri wa Jean Lambert Gatare wagejejwe mu Rwanda: Itangazamakuru ryabuze Intwari

Tiger Woods yahishuye ko ari mu rukundo n’uwahoze ari umugore wa Donald Trump Jr

Qatar yishimiye ibyatangajwe n’u Rwanda na DRC ndetse na M23



Author: Nsengimana Donatien Published: 2025-03-24 08:16:09 CAT
Yasuwe: 37


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Qatar-yishimiye-ibyatangajwe-nu-Rwanda-na-DRC-ndetse-na-M23.php