Perezida wa Mozambique ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi
Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri, nk’uko byatangajwe na Perezidansi ya Mozambique.
Uru ruzinduko rwatangiye kuri uyu wa Gatatu, rugamije gushimangira umubano n’ubufatanye busanzwe buri hagati y’u Rwanda na Mozambique. Biteganyijwe ko Perezida Chapo yakirwa na Perezida Paul Kagame, bakagirana ibiganiro bigamije kunoza imikoranire y’ibihugu byombi mu nzego zitandukanye zirimo umutekano, ubukungu n’ishoramari.
Ni uruzinduko rwa mbere Perezida Chapo agiriye mu Rwanda kuva yatangira kuyobora Mozambique muri Mutarama 2025. Uru ruzinduko rubaye kandi mu gihe u Rwanda rukomeje kugira uruhare mu bikorwa byo kugarura amahoro no kugarura umutekano mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, aho ingabo z’u Rwanda zifatanije n’iz’icyo gihugu mu guhashya iterabwoba.
Abasesenguzi bemeza ko uru ruzinduko rushobora kuba intambwe ikomeye mu gutsura ubucuti n’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, haba mu rwego rwa dipolomasi, ubucuruzi ndetse no mu bikorwa byo kubaka amahoro arambye ku mugabane wa Afurika.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show