English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Perezida Tshisekedi  yashimangiye imikoranire mu by’amabuye na Amerika

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye kugirana ubufatanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu masezerano ashingiye ku mabuye y’agaciro hagamijwe kongerera ingufu umutekano wa Congo.

Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Bret Baier wa Fox News ku wa Gatatu, Tshisekedi yavuze ko ubwo bufatanye buzafasha Congo gucukura no gutunganya amabuye y’agaciro yayo ku buryo bwungukira ibigo by’abanyamerika, ari na ko igihugu cye cyubaka ubushobozi mu bya gisirikare no mu mutekano.

Yagize ati “Ntekereza ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishobora gukoresha igitutu cyangwa ibihano kugira ngo imitwe yitwaje intwaro iri muri DRC igire aho ihagararira.”

Igihugu cya Congo gifite umutungo kamere ukungahaye ku mabuye nka cobalt, lithium na uranium. Kuri ubu, kiri mu ntambara n’umutwe wa M23 ushyigikiwe na Leta y’u Rwanda, aho abarwanyi b’uyu mutwe bamaze kwigarurira ibice binini byo mu burasirazuba bwa Congo muri uyu mwaka.



Izindi nkuru wasoma

Minisitiri Nduhungirehe yitabiriye irahira rya Perezida mushya wa Namibia

Perezida Kagame mu biganiro n’Umuyobozi wa Komisiyo y’Ubutegetsi bwa Amerika

Trump yasinye itegeko rikuraho Minisiteri y'Uburezi muri Amerika

Perezida Tshisekedi yashimangiye imikoranire mu by’amabuye na Amerika

Ndasaba amahoro arambye n’u Rwanda - Perezida Tshisekedi nyuma yoguhura na Kagame



Author: Nsengimana Donatien Published: 2025-03-20 11:46:11 CAT
Yasuwe: 35


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Perezida-Tshisekedi--yashimangiye-imikoranire-mu-byamabuye-na-Amerika.php