English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Perezida Kagame yeruye avuga icyo bisaba kugirango intambara muri Congo ihagarare 

Kuri uyu wa  mbere tariki ya 17 Kamena  mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n'ikigo cy'igihugu cy'itangazamakuru yongeye kugaruka ku bibazo by'umutekano muke wugarije Uburasirazuba bwa Congo ahanini bikavugwa ko u Rwanda rubiri inyuma.

Muri icyo kiganiro Perezida Paul Kagame yavuze ko yaba we cyangwa u Rwanda nta muntu numwe ugomba kubazwa iby'umutekano mucye wugarije Uburasirazuba bw'icyo gihugu.

Perezida Paul Kagame yibukije ko ingabo z'u Rwanda zagiye gucyura impunzi nyinshi z'Abanyarwanda zari zarahungiye muri icyo gihugu ariko bake bahekuye u Rwanda bakanga kugaruka maze barema umutwe urwanya ubutegetsi bw'u Rwanda wa FDLR.

Yakomeje avuga ko uwo mutwe wakomeje gukura uterwa inkunga na Leta ya Congo ndetse wihuza n'indi mitwe ikorera  muri icyo gihugu ariko bose icyo bahuriyeho ari ingengabitekerezo ya Jenoside bikaba byaratumye Abanye-Congo bavuga irurimi rw'Ikinyarwanda bakomeza gutotezwa kandi bikicwa,akaba asanga nta mpamvu nimwe yatuma u Rwanda rwisanga mu bibazo bya Congo.

Ati"Kwegekanaho ibibazo ntabwo ari igitekerezo cyiza, kuberako buri wese ku Isi aba abona ko udashaka gukemura ikibazo mu buryo cyakagombye kuba gikemurwamo, abashaka urwitwazo babikora ku mpamvu zabo bwite ,politike yabo 100% ikibazo cyiri mu maboko  y'uri mu nshingano ya Congo. sinzi ngo n'inde, bishoboke ko nta muntu ufite inshingano kuri kiriya kibazo."

Perezida Paul Kagame yavuze ko kugirango icyo kibazo gikemuke hashirwa mu  bikorwa amasezerano ya Nairobi muri Kenya na Luanda muri Angola ubwo hafatwaga imyanzuro isaba impande zombi zihanganye ko zagirana imishikirano gusa Perezida Kagame yatangaje ko atizera ko Leta ya DRC ishigikiye iby'iyo nzira.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kugirango icyo kibazo kibonerwe umuti ariko mu gihe hashigikiwe imyanzuro ya Nairobi na Luanda.

Ni kenshi RDC ishinja u Rwanda gufatanya n'umutwe wa M23 guteza umutekano mucye mu Burasirazuba bwa Congo, RDC ivuga ko u Rwanda rufasha uyu  mutwe mu kuyiha intwaro, ndetse n'abasirikare bo kuwufasha, gusa u Rwanda rwumvikanye kenshi rubihakana nk'uko Perezida Paul Kagame yongeye kubisubiramo.

 



Izindi nkuru wasoma

OMS igiye gufatanya n’u Rwanda guhashya icyorezo cya Marburg, kimaze guhitana 6.

Murarye muri menge. RIB yihanangirije abashyira ku mbuga nkoranyambaga amashusho y’urukoza soni

Uwari warasezeye burundu muri Ruhago agiye kuba Umunyezamu wa mbere wa FC Barcelona.

Burundi: Perezida yatunze agatoki abubaka inzu zitajyanye n’icyerecyezo.

Menya byinshi byaranze Davis D muri muzika uri gutegura igitaramo cye cya mbere.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-06-17 20:18:48 CAT
Yasuwe: 154


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Perezida-Kagame-yeruye-avuga-icyo-bisaba-kugirango-intambara-muri-Congo-ihagarare-.php